Screenshot 2025-02-02 084357

Igipolisi cy’u Rwanda cyitabiriye UAE SWAT Challenge 2025 iba ku nshuro ya gatandatu

Sangiza iyi nkuru

Irushanwa mpuzamahanga ry’imitwe ya polisi idasanzwe  rya “UAE SWAT Challenge”, ribaye ku nshuro ya gatandatu ryatangiye kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 1 kugeza ku ya 5 Gashyantare 2025, ryitezweho kuba rinini cyane kurusha iyandi kuva ryatangira mu 2019.

Igipolisi cy’u Rwanda, hamwe n’amakipe abiri y’indobanure, nacyo cyitabiriye ku nshuro ya gatandatu UAE SWAT Challenge 2025 ibera mu mujyi w’imyitozo wa Al Ruwayyah.

Ni irushanwa rihuza amakipe akomeye mu bya tactique yaturutse hirya no hino ku Isi kugirango basangire ubumenyi, banonosore ingamba, kandi barenge imbibi mu kuba indashyikirwa.

Icyi cyiciro ku ikubitiro byari biteganyijwe ko kizahuza amakipe 114 y’indobanure yaturutse mu bihugu 48 kugirango yerekane ubuhanga bwayo, ingamba hamwe na stamina. Amakipe yaje kwiyongera aba 120 aturuka mu bihugu 50.

Uyu mwaka irushanwa ni amateka, aho amakipe yaturutse mu bihugu umunani ahatana ku nshuro ya mbere, hamwe n’amakipe atanu y’abagore n’andi atandatu mashya yaturutse mu mashuri makuru ya polisi na za kaminuza.

GiTgW6uWUAAfZjG

Hamwe n’ibihembo by’Amadorari 260.000, irushanwa rirasezeranya amarushanwa akomeye, gutangazwa live, no gutangazwa mu makuru ku Isi yose.

Ibi byatangarijwe mu kiganiro n’abanyamakuru kuwa Gatatu muri Club y’Abapolisi ba Dubai, hagaragazwa ko ibyo birori bigenda birushaho gukundwa.

Ubwitabire bwagiye bwiyongera mu myaka yashize, aho mu 2024 yari amakipe 73, 2023 yari 55, mu gihe 2022 harimo amakipe 34. Ku nshuro ya mbere y’irushanwa muri 2019 ryari rigizwe n’amakipe 61, ibituma uyu mwaka n’amakipe 120 uba amateka akomeye.

GitnPriXUAA2JND scaled

Abarushanwa bazahiganwa mu bintu bitanu:

Ibijyanye n’amayeri (Tactical Challenge)
Kugaba igitero (Assault Challenge)
Gutabara mugenzi wabo (Officer Rescue Competion)
Kurira Umunara muremure (Tower Challenge)
Kurenga imbogamizi ziri mu nzira (Obstacle Course Challenge)

Buri gikorwa gisaba amakipe kukirangiza mu gihe gito gishoboka kugirango abone amanota menshi, mu gihe kandi agaragaza ubuhanga mu kurasa ibipimo, gukoresha intwaro nyinshi, gutwara ibiremereye, guca mu nzitizi zikomeye, no kumanuka hejuru y’umunara ukoresheje imigozi n’ibindi.

Buri kibazo gisaba ubuhanga budasanzwe, kwihangana k’umubiri no gukorera hamwe. Amanota atangwa buri munsi, hamwe n’amakipe atatu ya mbere agashimirwa buri mugoroba.

Grand finale izaha icyubahiro amakipe muri rusange yabonye amanota menshi.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *