Ubukana bw’amatora ya Perezida w’Amerika ahanganisha abaherwe mu 2020

Sangiza iyi nkuru

Mu bantu 22 bashaka kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu 2020, harimo abaherwe babiri bitezweho kuzashyushya aya matora azaba tariki ya 3 Ugushyingo.

Inkuru yatunguye isi nzima ubwo umuherwe Michael Bloomberg (mu 2018 yari ku mwanya wa 9 n’amadolari y’Amerika miliyari 55.5) yatangazaga ko agiye guhangana na Donald Trump kuri uyu mwanya. Uyu muherwe yavuze ko aje mu bahagarariye ishyaka ry’Abademukarate mu gihe Trump watowe bwa mbere mu 2016 we ari mu bazahagararira aba-Repubulike.

Abakandida 22 barashaka kuyobora iki gihugu ariko nta wakwirengagiza ko aba bagabo babiri ari bo bagiye guhangwa amaso. Si nka bya bindi bya Hillary Clinton wari usanzwe amenyereye politiki wahanganaga na Trump witwaga ‘umushoramari’ utazi aho politiki igana. Ni abaherwe koko kandi na politiki bombi barayizi, cyane ko na Bloomberg yigeze kuba Meya wa New York.

Intego ya Bloomberg ni imwe:

“Ndashaka kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu, ngatsinda Trump ndetse nkongera nkubaka Amerika.” Bloomberg ni ko yatangarije ku rubuga rwe, www.mikebloomberg.com, ashyiraho impamvu Amerika ikeneye impinduka.

Bloomberg ufite ubunararibonye muri politiki ndetse n’ishoramari, avuga ko byaba ari ikibazo Amerika yongeye kuyoborwa na Trump mu yindi manda kandi ngo yaramaze kuyisenya. Ikizere yifitiye bitewe n’ubu bunararibonye ngo yizera ko kizatuma atsinda kandi akayobora Amerika.

Kimwe n’abandi bakandita, bisa n’aho Bloomberg ashaka gufatiranya Trump muri ibi bihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe bashaka kumweguza. Trump anengerwa byinshi harimo ko yagiye kuri uyu mwanya habayeho uburiganya mu matora (bikozwe n’Uburusiya); iki kibazo kiracyakurikiranwa.

Trump anengerwa kweguza cyane bamwe mu bayobozi, gutangaza amagambo yibasira bamwe mu bayobozi b’imbere mu gihugu n’abo mu mahanga ndetse no gufata ibyemezo ntibivugweho rumwe.

Bamwe mu Banyamerika bisabiye Hillary Clinton wahatanye na Trump mu matora y’ubushize ko yagaruka akiyamamaza. Hillary yavuze ko atazongera kwiyamamaza, gusa ababimusabaga batakarije ikizere Trump.

Kugeza ubu ishyaka ry’Abademukarate rimaze kugira abakandita 18 bashaka kurihagararira harimo Michael Bloomberg, aba Repubulike bo bafite abakandida bane barimo Trump, gusa buri shyaka rigomba kuzagira umwe urihagararira nyuma y’amajonjora y’ibanze.

Nashatse kuvuga kuri aba baherwe gusa sinirengagije abakandida bashyigikiwe cyane bari mu ishyaka ry’aba Demukarate nk’umusenateri muri leta ya Massachusetts, Elizabeth Warren ndetse n’abandi nka Joe Biden wungirije Perezida (Vice President) w’Amerika kuva mu 2009 kugeza mu 2017.

Abakandida ni aba bakurikira:

Abademukarate

Michael Bennet , Joe Biden, Michael Bloomberg, Cory Booker, Steve Bullock, Pete Buttigieg, Julián Castro, John Delaney, Tulsi Gabbard, Kamala Harris, Amy Klobuchar, Deval Patrick, Bernie Sanders, Joe Sestak, Tom Steyer, Elizabeth Warren, Marianne Williamson na Andrew Yang.

Repubulike (Republicain/Republican)

Roque De La Fuente, Donald Trump, Bill Weld na Joe Walsh.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *