Uganda yongereyeye ingabo zayo mu burasirazuba bwa Congo, aho yohereje izindi ngabo 1.000-2000 hafi y’akarere M23 igenzura.
Uganda yongereye ku buryo bugaragara ingabo zayo mu burasirazuba bwa Congo, yohereza abandi basirikare bari hagati ya 1.000 na 2000 mu cyumweru gishize mu rwego rwa Operation Shujaa, ubutumwa ifatanije n’Ingabo za Congo.
Amakuru aturuka mu badipolomate no mu Muryango w’Abibumbye avuga ko ubwo Ingabo za Uganda zose muri kariya karere zimaze kugera hagati y’ibihumbi bine n’ibihumbi bitanu (4000-5000).
Uganda ivuga ko iyoherezwa rigamije guhangana n’intagondwa zigendera k’u matwara akakaye ya Kisilamu za ADF, ariko izo nyeshyamba zikaba ziri hafi y’uturere tugenzurwa n’inyeshyamba za M23, ibituma impungenge ziyongera nkuko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.
Mu gihe Uganda ishyigikiye ku mugaragaro Perezida wa Congo, Félix Tshisekedi mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro, k’u rundi ruhande Uganda ishinjwa gufasha M23 ikabihakana nubwo yemera ko abatangije uru rugamba rushya rw’uyu mutwe, wiganjemo Abanyekongo bavuga ikinyarwanda bari barahahungiye, ari ho baturutse.
Raporo y’Umuryango w’Abibumbye, nubwo kenshi izi raporo zitavugwaho rumwe kubera kubura ibimenyetso bifatika usibye “twumvise ko”, “twabwiwe ko” ivuga ko ingabo za Uganda nazo zifitanye isano na M23, ariko Uganda irabihakana.
Abaturage bo muri Butembo bavuze ko babonye abasirikare ba Uganda berekeza hafi y’imirongo y’Ingabo za M23 mu minsi yashize.
Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Felix Kulayigye, yahakanye ko kohereza izi ngabo bigamije kwagura ubutaka avuga ko ingabo zayo zahinduye gusa “uburyo bwo kwirwanaho” ntiyatanga ibisobanuro birambuye.
Minisitiri w’itumanaho wa Congo, Patrick Muyaya, yashimangiye ko ubutumwa bw’ibanze bwa UPDF bukomeje kuba kurwanya ADF.



One Response
ariko buriya hari umuntu wamenya ibyo Uganda ibamo?