inam.jpg

Abagore babana n’ubwandu bwa SIDA bafite ibyago byo kwandura kanseri y’inkondo y’umura- Jeannette Kagame

Sangiza iyi nkuru

Umufasha wa Perezida wa Repubulika, Madamu Jeannette Kagame yavuze ko abagore babana n’ubwandu bwa SIDA baba bafite ibyago kurusha abatabufite byo kwandura virus ya Cancer y’inkondo y’umura izwi nka HPV Virus.

Ari kumwe n’abandi badamu b’abakuru b’ibihugu bitabiriye inama mpuzamahanga kuri SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, irimo kubera i Kigali, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 3 Ukuboza 2019, Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ababana n’ubwandu baba bafite ibyago bwikube incuro 10 kurusha abatabufite.

Yagize ati “Abagore babana na VIH bari ku byago byo kwandura kanseri y’inkondo y’umura bwikube inshuro 10 ugereranyije n’abandi”.

Yakomeje avuga ko kanseri y’inkondo y’umura ari imwe mu ndwara zibangamira ubuzima bw’abagore cyane ndetse ko kuyirandura bishoboka, akabasaba kwitabira kuyisuzumisha buri gihe mu bihembwe biba byarateganijwe mu mwaka.

Yavuze ko hakenewe guhuza ingufu mu kurwanya iyi kanseri hakarebwa n’impamvu ikomeza kwiyongera. Yasabye abagore kwitabira kwisuzumisha iyi ndwara isuzumwa kuva ku kigo nderabuzima hakoreshejwe ubwisungane mu kwivuza burimo na Mituweli.

Imibare ya OMS igaragaza ko mu Rwanda kanseri y’inkondo y’umura iri kuri 31,9 ku bagore ibihumbi 10. Ni mu gihe impfu zayo zo ziri kuri 24, 1 ku bagore ibihumbi 10, bivuze ko ari impfu 921.

Minisiteri y’Ubuzima yo ivuga ko mu mwaka ushize wa 2018 hagaragagaye abantu bashya barwaye kanseri y’inkondo y’umura 362.

Inama mpuzamahanga kuri SIDA muri Afurika ibera i Kigali (ICASA 2019) yatangiye ku wa Mbere tariki ya 2 Ukuboza ikaba yaritabiwe n’abafasha b’abakuru b’ibihugu by’u Rwanda, Congo, Botswana, Ghana, Niger, Mali na Tchad ndetse n’abandi bayobozi batandukanye.

inam.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *