Perezida Museveni watakaje ibiro 30 anyomoza abavuga ko arwaye

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yanyomoje kuri uyu wa 2 Ukuboza 2019 amakuru avuga ko ubuzima bwe butameze neza bitewe n’intege z’ubusaza no gutakaza ibiro bimugaragaraho.

Aya makuru yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambanga, abiganjemo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe (abo yita abatanga umusanzu mubi) bagaragaza ko ibi ari ibimenyetso by’uko nta kizere agifiwe cyo gukomeza kuyobora iki gihugu.

Mu itangazo rigenewe itangazamakuru ririmo ubutumwa yageneye abaturage rigaragara ku rubuga rw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu , Museveni yemeje ko ubu afite ibiro 76 yarigeze kugira 106. Ibi ngo si uburwayi ahubwo ni imyitozo akora yo kugabanya amavuta mu mubiri yabiteye.

“Navuye ku biro 106 ngera kuri 76. Ndashaka kugumisha ibiro byange kuri ibi ngibi kuko ni byo bijyanye n’uburebure bwange.” Museveni mu butumwa yageneye abaturage ba Uganda.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ishyaka rya NRM ntibakiriye neza itegekonshinga ryemerera abarengeje imyaka 75 kuyobora igihugu. Itegeko rishyiraho iyi myaka ntarengwa ryagiyeho rirongera risubizwaho, abarimo Depite Kyagulanyi babifata nk’uburyo bwa guharurira inzira Perezida Museveni akongera akiyamamaza.

Ubu Museveni afite imyaka 75 y’amavuko. Abatavuga rumwe na we ntibahwema kugaragaza ko ari umuyobozi mubi, umunyantege nke ndetse wananiwe kugera kuri byinshi bifitiye abaturage akamaro gusa uyu Mukuru w’igihugu wakiyoboye kuva mu 1986 yemeza ko agifite imbaraga ndetse aziyamamaza no mu 2021.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *