Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatatu tariki ya 5 Gashyantare, wigaruriye Centre ya Nyabibwe yo muri Teritwari ya Kalehe mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Ifatwa ry’iyi Centre ryakurikiye imirwano ikomeye yasakiranyije inyeshyamba z’uriya mutwe n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.Â
Ni imirwano yatangiye mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatatu, mbere y’uko M23 yirukana muri Nyabibwe ingabo zirimo iza FARDC, Abarundi na Wazalendo ahagana saa 12:00 z’amanywa.
Inyeshyamba za M23 zafashe kariya gace gaherereye mu bilometero bike uvuye i Kavumu, mu gihe mu gihe mu minsi ibiri ishize uwo mutwe wari watangaje ko ubaye utanze agahenge.
Umwe mu bakozi b’inzego z’ubutabazi wahamirije ACTUALITE.CD ifatwa rya Nyabibwe, yavuze ko kuri ubu M23 “irasa n’iyitegura gukomereza mu duce twa Kalehe-Ihusi”.
Nyabibwe M23 yigaruriye iherereye mu bilometero 28 uvuye i Kalehe, ndetse no mu bilometero bibarirwa mu ijana uvuye mu mujyi wa Bukavu.
Uyu mutwe wigaruriye kariya gace mu gihe Sosiyete Sivile yo muri Kalehe ku wa Kabiri yari yatanze impuruza y’uko uriya mutwe ukomeje kongera ingabo mu duce twa Murambi na Kabugizi duturanye na ko.
Nyabibwe yiyongereye ku tundi duce two muri Kivu y’Amajyepfo M23 igenzura kuva mu kwezi gushize, turimo Kalungu, Lumbishi, Numbi, Chambombo, Chebumba, Shanje, Ziralo na Minova.


