Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye kuwa Kabiri bwashyikirije Urukiko Rwisumbuye rwa Huye dosiye iregwamo umugabo w’imyaka 25 wishe umugore babanaga w’imyaka 25 amutemesheje umuhoro.
Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru bivugwa ko icyaha cyabaye kuwa 25 Mutarama 2025, mu gihe cya saa saba z’ijoro, mu Mudugudu wa Gisagara, Akagari ka Shyembe, Umurenge wa Maraba, mu Karere ka Huye, iwe mu rugo.
Mu ibazwa rye, uregwa yemera icyaha kandi akagisabira imbabazi; avuga ko nyuma y’uko bari bamaze gutongana bapfa ko umugore avuye mu kabari mu gicuku agakeka ko avuye gusambana; yamutemye n’umuhoro mu mutwe ndetse akamukubita n’akamamiro akitura hasi agahita apfa.
Icyaha cy’ubwicanyi akurikiranyweho kiramutse kimuhamye yahanishwa igifungo cya burundu, nk’uko biteganywa n’ingingo y’107 y’Itegeko nÂş 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.


