Abarwanyi ba Kiyisilamu bo mu mutwe wa Al- Shabaab bemeye ko ari bo bagabye igitero mu Murwa Mukuru wa Somalia, Mogadishu kigahitana abagera 81 barimo Abanya-Turukiya babiri nyuma basaba imbabazi ku bw’ababiguyemo. Igitero cyagabwe kuwa Gatandatu tariki 28 Ukuboza mu burengerazuba bw’amajyepfo y’Umujyi wa Mogadishu ahahurira bisi nyinshi bitewe n’igenzura ry’umutekano n’isoreshwa ry’amabisi n’amakamyo bihakorerwa. Umuvugizi wa AL-Shabaab, Sheik Ali Mohamud Rage, mu butumwa bw’amajwi nk’uko AFP ibitangaza, yasabye imbabazi ku bw’abasivili baguye muri iki gitero ndetse n’imitungo yahangirikiye. Ati ” Aba mujahideen bakoze igitero ku bacanshuro b’Abanya-Turukiya ndetse n’ingabo za Leta zari zibaherekeje. Tubabajwe cyane n’ingaruka byagize ku bayisilamu bagenzi bacu b’Abanya-Somalia. Twihanganishije imiryango yahaburiye ababo ndetse n’imitungo yabo ikahangirikira.” Ni ku nshuro ya mbere Al-Shabaab yumvikanye isaba imbabazi ku bitero byinshi yagiye igaba muri Somalia. Kuvuga ko abari bagambiriwe kwicwa muri iki gitero ari Abanya-Turukiya biva ku kuba iki gihugu ari cyo gifasha Somalia mu bikorwa byinshi byo kwiyubaka ndetse kikanacunga icyambu cya Mogadishu. Sheik Ali Mohamud Rage ati ” Abanya-Turukiya ni abanzi bacu nk’uko twabivuze mbere. Ntituzarekeraho nguhangana nabo kugeza igihe bazava ku butaka bwacu.” Ababirebera hafi bavuga ko kuba Al-Shabaab yavuga ko isabye imbabazi ari ukugira ngo ikomeze yigarurire imitima ya bamwe mu Banya-Somalia bakiyiri inyuma. Iki gitero kiri mu bihitanye benshi mu myaka ibiri ishize. Al-Shabaab yakomeje kugaba ibitero mu Mujyi wa Mogadishu ishaka guhirika ubutegetsi. Ni nyuma y’icyahitanye abaturage 500 mu 2017 nyuma y’iturika ry’ikamyo yari yegereye ikigega cya lisansi.


