cdb88b40-52c2-43f3-9fb0-2b5ff9b838a4

Davido yemeza ko umunsi w’ubukwe bwe wari umuze nk’ikiruhuko rusange mu gihugu

Sangiza iyi nkuru

Umuhanzi w’ikirangirire mu njyana ya Afrobeats, Davido yavuze ku bukwe bwe na Chioma Adeleke, abwita ibirori bikomeye byabaye nk’ikiruhuko rusange muri Nigeria.

Mu kiganiro aherutse kugirana na Bootleg Kev Podcast, Davido yasobanuye uko umunsi w’ubukwe bwe wagenze neza ku buryo abantu benshi baturutse imihanda yose baje kuwizihiza.

Ati: “Ubu ni isezerano rikomeye, twakoze ubukwe kandi twatumiye abantu b’ingeri zose ngo baze kwifatanya natwe.”

Yagereranyije ibyo birori n’igihugu cya Zamunda, ahantu h’ikitegererezo hazwi mu myidagaduro nka ahantu haba ibirori bidasanzwe.

Ati: “Ubukwe bwabereye muri Nigeria, bwari nk’ibintu byo muri Zamunda, ibintu bikomeye cyane. Byari nk’ikiruhuko muri Nigeria, kandi ni umwe mu minsi yanjye myiza cyane. Abantu bavuye imihanda yose ngo badushyigikire.”

Ubukwe bwabereye i Lagos ku wa 25 Kamena 2024, bwitabirwa n’ibyamamare, abo muri politiki, n’abandi banyacyubahiro baturutse hirya no hino ku isi.

Mu birori by’ubukwe, abaririmbyi bakomeye nka Chike, Fireboy DML, Olamide, Mayorkun, Zlatan, Nasboi, na King Sunny Ade bashimishije abari aho mu ndirimbo zidasanzwe.

Muri ubwo bukwe kandi Davido na Chioma bahawe imodoka nshya y’umweru nk’impano y’ubukwe, yaturutse muri sosiyete y’imodoka.

c64e9695 b63f 491d 9d00 d6155d60aaf6 3a1e501b fea6 485b 966b 5a1e7e990c41 cdb88b40 52c2 43f3 9fb0 2b5ff9b838a4 095194f1 3c18 4529 92ed 3af0f86e6d68 5e1a39d7 a81b 4ed3 b35a 5da59c173e40

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *