Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ishobora guhabwa ibihano bikomeye n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) nyuma y’ifungwa rya Olive Kiloha Karangwayire, Umuyobozi wa Shampiyona y’Umupira w’Amaguru w’Abagore muri icyo gihugu (LINAFF), wafunzwe ku wa 28 Werurwe 2025.
Olive Kiloha afungiye ahantu hafungirwa abantu baregwa ibyaha bifitanye isano n’ikoranabuhanga, ibintu byateye impungenge abakunzi b’umupira w’amaguru muri RDC.
Ikinyamakuru Mediacongo cyatangaje ko Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) iri gukurikirana iki kibazo, ishobora no gufatira ibihano Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri RDC (FECOFA) niba hatagira igikorwa ngo Kiloha arekurwe.
Hari amakuru avuga ko Kiloha yafunzwe kubera impamvu za politiki zijyanye n’amatora yo kongera kuyobora LINAFF. Bivugwa ko bamwe mu bayobozi b’umupira w’amaguru muri RDC batifuzaga ko yiyamamaza, ndetse ngo yategetswe gukuramo kandidatire ye akabyanga.
FIFA ifata kwivanga kwa politiki mu mikorere y’amashyirahamwe y’umupira w’amaguru nk’icyaha gikomeye. Niba bigaragaye ko leta ya RDC cyangwa abandi bantu batari mu mupira w’amaguru bagize uruhare mu ifungwa rya Kiloha, RDC ishobora guhagarikwa mu marushanwa mpuzamahanga.
Nubwo hari amakuru avuga ko Kiloha yaba yararekuwe ku wa 2 Mata 2025, nta wigeze amubona mu ruhame kuva icyo gihe, bituma hakomeza kubaho urujijo kuri iki kibazo.


