Ikipe ya Mukura Victory Sports yareze Manishimwe Djabel muri RIB nyuma yo gutanga sheki ebyiri zitazigamiye mu kwishyura amafaranga bari bumvikanye.
Mu mwaka w’imikino wa 2022-2023, Djabel yari umukinnyi wa APR FC ariko atizwa muri Mukura VS. Iyi kipe yamuhaye miliyoni 4 z’amafaranga y’u Rwanda, bumvikana ko naramuka abonye ikipe nshya azasubiza Mukura miliyoni 8.
Nyuma y’igihe gito, Djabel yabonye ikipe nshya yo muri Algeria yitwa USM Khencela, maze Mukura imwaka ayo mafaranga.
Icyo gihe Djabel yatanze sheki ebyiri mu bihe bitandukanye: imwe ya miliyoni 6 n’indi ya miliyoni 2, zibaruwe kuri konti ye iri muri Zigama CSS.
Iyo Mukura yashakaga kubikuza ayo mafaranga, basanze izo sheki nta mafaranga ariho. Ibi byatumye bashakisha uburyo bwo kumwishyuza, ariko Djabel ntiyaboneka kuko yari hanze y’u Rwanda.
Mu kwezi gushize, ubwo yagarukaga mu Rwanda aje gukinira Amavubi, Mukura yahise imurega muri RIB.
Mu kwisobanura kwe, Djabel yemeye ko afite uwo mwenda, avuga ati: “Ayo mafaranga ndayemera […] Mbafitiye umwenda.”
Ku bijyanye no kuregwa muri RIB, Djabel yabwiye SK FM ati: “Nta muntu wo muri RIB uramvugisha.”
Uyu mukinnyi yemera kwishyura amafaranga afitiye iyi kipe gusa akavuga ko azayatanga yabanje kwicarana na Mukura na APR FC yari yamutije muri iyo kipe.


