Screenshot_20250405-074824~2

Yakatiwe gufungwa imyaka hafi itatu azira gutuka ishusho ya Yesu

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rwo muri Medan, mu gihugu cya Indonesia, rwakatiye Ratu Thalisa, umukoresha w’urubuga rwa TikTok, gufungwa imyaka 2 n’amezi 10, azira amagambo yafatwa nk’ayo gusebya idini ya Gikristu.

Thalisa, wahoze ari umugabo ariko akaba yarahinduye igitsina, yavuze amagambo asebya ishusho ya Yesu Kirisitu ubwo yavugaga ko Yesu “yakabaye ameze nk’umugabo wiyubashye kandi yogoshe”. Ibi yabivuze abinyujije ku mashusho yashyize kuri TikTok, aho akunze gusangiza ibitekerezo ku mbuga nkoranyambaga.

Ibi byatumye amatsinda atandukanye y’abakirisitu batanga ikirego mu rukiko, bamusabira igihano gikomeye. Urukiko rwemeje ko ibyo yakoze byabangamiye ituze rusange n’ubwumvikane bw’imyemerere mu gihugu. Yaciwe n’amande angana na $6,200.

Thalisa yakatiwe hakurikijwe itegeko ryashyizweho mu 2008, rigamije kurwanya ibyaha bikorerwa kuri internet. Gusa, imiryango irengera uburenganzira bwa muntu irimo na Amnesty International yamaganye iki cyemezo, ivuga ko kibangamiye ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo.

Ubushinjacyaha bwo ntibwanyuzwe n’iki gihano, buhita bujuririra busaba ko Thalisa yakongerwa igihano.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *