whatsapp_image_2025-04-15_at_22.05_49_a5294487-d44eb

Nyanza: Meya Ntazinda Erasme yirukanwe

Sangiza iyi nkuru

Inama njyanama y’akarere ka Nyanza, ku wa Kabiri tariki ya 15 Mata yirukanye Ntazinda Erasme wari umaze igihe ari umuyobozi wa kariya karere.

Umwanzuro wo kwirukana uyu muyobozi wafashwe nyuma y’inama idasanzwe ya njyanama y’akarere yabaye ku wa Kabiri.

Itangazo ryasohowe n’akarere ka Nyanza rivuga ko Meya Ntazinda yazize kunanirwa kuzuza inshingano ze.

Riragira riti: “Hashingiwe ku itegeko no 065/2021 ryo ku wa 09/10/2021 rigenga akarere, mu ngingo yaryo ya 11, none ku wa 15 Mata 2025 inama idasanzwe y’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyanza yafashe umwanzuro wo guhagarika Bwana Ntazinda Erasme mu nshingano zo kuyobora akarere ka Nyanza, kubera kutuzuza inshingano uko bikwiye.”

Ntazinda yari ayoboye Akarere ka Nyanza muri manda ya kabiri, nyuma y’uko mu matora yo mu 2021 yongeye gutorerwa gukomeza kuyobora ako karere yari amaze imyaka itanu abereye umuyobozi.

Kuri ubu biteganyijwe ko nyuma yo kwirukanwa agomba guhita asimburwa by’agateganyo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *