Tanzania: Perezida Magufuli yirukanye minisitiri wa mbere amuziza ubusinzi

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli, yirukanye minisitiri muri guverinoma nyuma yo kuza mu Nteko Ishinga Amategeko akiha no gusubiza ibibazo kandi yasinze nk’uko byatangajwe na perezidansi kuri uyu wa Gatanu.

Charles-Kitwanga-Home-Affairs-Minister-speaks-to-the-press
Minisitiri Charles Kitwanga weretswe umuryango na perezida Magufuli

Perezida Magufuli uri ku butegetsi kuva mu Ugushyingo umwaka ushize, yasezeranyije kurwanya ruswa yivuye inyuma ndetse n’imikorere mibi muri guverinoma. Amaze kwirukana abayobozi benshi batandukanye ndetse agabanya n’amafaranga leta isohora avuga ko apfubusa nk’ayo kugura amarita yo kwifurizanya Noheri nziza.

Uyu mu minisitiri w’umutekano w’igihugu, Charles Kitwanga, niwe ubimburiye abandi ba minisitiri mu kwirukanwa azira ubusinzi aho yagiye mu nteko agasubiza ibibazo byamurebaga ariko bikagaragara ko yari yagasomye bihagije.

Tanzania's President elect John Pombe Magufuli addresses members of the ruling Chama Cha Mapinduzi Party (CCM) at the party's sub-head office on Lumumba road in Dar es Salaam, October 30, 2015. REUTERS/Sadi Said
Perezida John Pombe Magufuli / Ifoto:Internet

Iyi nkuru dukesha Ibiro Ntaramakuru by’u Bwongereza, Reuters, ikomeza ivuga ko uyu mu minisitiri yari amaze iminsi n’ubundi asabwa kwegura n’abagize inteko ishinga amategeko banengaga uko ayoboye iyi minisiteri.

Imikorere mibi muri guverinoma ndetse na ruswa mu bayobozi byakunze kunengwa n’abanyemari bo muri iki gihugu bavuga ko bikerereza ishoramari muri iki gihugu kibarirwa mu bikennye muri Afurika, kikaba nacyo giherutse kuvumbura gaz gishaka kubyaza umusaruro.

Perezida Magufuli akaba yariyemeje kugarura ikinyabupfura haba mu nzego za leta.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *