Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku wa Kabiri yatangaje ko yakuyeho ibihano igihugu cye cyari cyarafatiye Syria.
Trump yabitangarije i Riyadh muri Arabie Saoudite, aho yari yitabiriye inama y’ihuriro ku shoramari.
Yagize ati: “Ndaza gutegeka ihagarikwa ry’ibihano kuri Syria, mu rwego rwo kubaha amahirwe y’ubuhangange. Ni cyo gihe iyo ngo bashashagirane. [Ibihano] byose turabikuraho. Amahirwe masa Syria, mutwereke ikintu kidasanzwe.”
Trump yavuze ko yafashe icyemezo cyo kuvanaho biriya bihano, nyuma yo kubanza kukiganiraho n’igikomangoma cya Arabie Saoudite, Mohammed bin Salman cyo kimwe na Perezida Reçep Tayyip Erdogan wa TĂĽrkiye.
Aba bombi bari barakunze gusaba ko ibihano Syri yari yarafatiwe byakurwaho.
Kuri ubu nyuma yo kuvanaho biriya bihano byitezwe ko kuri uyu wa Gatatu Perezida Donald Trump ahura na mugenzi we wa Syria, Ahmed al-Sharaa.
Uyu Sharaa wahoze ari umuyobozi mu mutwe w’iterabwoba wa Al Qaeda, yafashe ubutegetsi mu mwaka ushize nyuma yo kubwirukanaho Bashar al-Assad.
We na Trump biteganyijwe ko bahurira i Riyadh.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika avuga ko ibihano igihugu cye cyari cyarafatiye Syria byatanze umusaruro, gusa igihe kikaba kigeze ngo kiriya gihugu cyo mu burasirazuba bwo hagati na cyo kijye mbere.
Yunzemo ko ibindi bisabwa biri gukorwaho n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio muri iki cyumweru ugomba guhura na mugenzi we wa Syria, Asaad al-Shibani.
Shibani yatangaje ko igihugu cye cyiteguye kugirana na Amerika “umubano ushingiye ku bwubahane, icyizere n’inyungu zisangiwe.”
Ibihano Amerika yari yarafatiye Amerika byarimo gukumira kiriya gihugu muri sisitemu mpuzamahanga y’imari, ibyatumaga kugishoramo imari bigorana.
Trump avuga ko nyuma yo kubivanaho Amerika na Arabie Saoudite byahise byumvikana amasezerano y’ishoramari afite agaciro ka $ miliyari 600.


