adil-mo-945ba

Adil Erradi muri APR FC?

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari umutoza wa APR FC, Adil Erradi Mohamed ukomoka muri Maroc, yatangaje ko yiteguye kugaruka muri iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu naramuka ahawe amahirwe yo kongera kuyitoza.

Ibi bije nyuma y’uko ubuyobozi bwa APR FC butangaje ko bwatandukanye na Darko Nović n’abandi batoza bakoranaga ku bwumvikane bw’impande zombi.

Erradi, wasize APR FC ayihesheje ibikombe bibiri bya shampiyona harimo n’icyo yegukanye adatsinzwe, avuga ko yiteguye kongera gukora akazi mu Rwanda. Ati: “Yego nagaruka nkakora bampaye akazi.” Nubwo atigeze yemeza ku mugaragaro ko yatanze ubusabe, yanatangaje ko yamaze kubona ibyangombwa bimwemerera gutoza amarushanwa ya CAF.

Kugaruka kwa Erradi birashoboka, cyane cyane muri iki gihe APR FC iri gushakisha umutoza mushya nyuma yo gutandukana na Nović na bagenzi be.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *