Centrafrique yabaye igihugu cya 2 ku Isi cyemeje Bitcoin nk’ifaranga ryemewe n’amategeko

Sangiza iyi nkuru

Repubulika ya Centrafrique kuri uyu wa Gatatu yabaye igihugu cya kabiri ku Isi cyemeje Bitcoin nk’ifaranga rikoreshwa byemewe n’amategeko.

Bitcoin ni ifaranga riri muri menshi yo mu buryo bw’ikoranabuhanga abenshi bazi nka ‘Digital currency’, ‘Digital Cash’, ‘Virtual Currency’, ‘Electronic Currency cyangwa Cryptocurrency’.

Ni ifaranga ryakozwe bwa mbere mu 2009 n’umuhanga mu bya mudasobwa wagizwe ubwiru gusa wamemyekanye ku izina rya Satoshi Nakamoto.

Mu myaka ibarirwa muri 12 ishize iri faranga rihererekanywa, nta muntu n’umwe cyangwa Banki iyo ari yo yose irigenzura.

Agaceri (coin) kamwe ka Bitcoin kuri ubu kari kuvunja abarirwa muri Frw miliyoni 40, gusa mu kwezi gushize kavunjaga abarirwa muri Frw miliyoni 50.

Impamvu iri faranga rifite igiciro gihanitse ni ukubera ko ku Isi hari Bitcoins miliyoni 21 zonyine zitagabanuka cyangwa ngo ziyongere, mu gihe umubare w’abakenera aya mafaranga ugenda wiyongera uko bwije n’uko bukeye.

Centrafrique yemeje iri faranga nk’irikoreshwa byemewe n’amategeko nyuma y’igihugu cya El Salvador cyabigezeho mu mwaka ushize wa 2021.

Perezida Faustin-Archange Touadéra mu itangazo yasohoye yavuze ko igihugu cye cyemeje Bitcoin nk’ifaranga rikoreshwa byemewe n’amategeko, nyuma y’itegeko rishyigikira ikoreshwa ry’iri faranga ryatowe n’abagize inteko ishinga amategeko.

Bitcoin muri Centrafrique yaje kunganira ifaranga rya CFA ryari risanzwe rikoreshwa muri iki gihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *