deux_morts_en_marge_des_celebrations_de_la_victoire_du_psg_en_ligue_des_champions_2025_jpg_711_473_1

Abantu 2 nibo baguye mu birori byo kwishimira insinzi ya PSG mu Bufaransa

Sangiza iyi nkuru

Minisiteri y’umutekano w’imbere mu gihugu mu Bufaransa yatangaje ko abantu babiri aribo baraye bapfiriye mu birori byo kwishimira insinzi ya nyuma ya PSG yatwaye igikombe muri Champions League icyambuye Inter de Milan.

Ni ibirori byaraye bibaye mu ijoro ryose ryo ku munsi w’ ejo kuwa gatandatu rishyira kuri iki cyumweru tariki 01 Kamena 2025, akaba ari ibirori byaguyemo umwana w’umuhungu wishwe atewe icyuma i Dax, mu gihe hari n’umugabo wapfiriye mu mpanuka mu mujyi i Paris.

Nkuko Minisiteri y’umutekano w’imbere mu gihugu yabitangaje, ivuga ko umwana w’umuhungu w’imyaka 17 ariwe waguye mu mujyi wa Dax ndetse n’umugabo waguye i Paris aribo bapfuye muri iri joro ry’ birori byo kwizihizaga intsinzi ya nyuma ya Champions League yatwawe na PSG.

Uyu mwana w’umuhungu w’imyaka 17 y’amavuko waguye I Dax akaba yapfuye atewe icyuma ubwo bari mu birori byo kwishimira intsinzi y’ikipe y’i Paris yatsinze Inter de Milan, akagwa I Dax mu gace ka 15 k’umurwa mukuru, umugabo nawe wari kuri Scooter akaba yagonzwe n’imodoka agapfa azize ibikomere.

Ibi kandi yatumye abantu barenga 500 batabwa muri yombi, mu gihe 491ari ab’i Paris, aho abagera kuri 320 baraye bacumbikiwe na Polisi muri Cachot barimo 254 b’i Paris, nk’uko byabyutse bitangarizwa itangazamakuru.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *