Kuri iki Cyumweru, itariki ya 1 Kamena, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane mpuzamahanga, Olivier Nduhungirehe, yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’igihugu cya Qatar, Mohammed bin Abdulrahman bin Jassim Al-Thani, ubwo yari mu ruzinduko rw’akazi muri iki gihugu cyo mu Burasirazuba bwo Hagati.
Nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Qatar mu itangazo ryayo, abo bayobozi bombi baganiriye ku bigamije gushimangira umubano w’ibihugu byombi.
Iri tangazo rigira riti: “Impande zombi zaganiriye ku mibanire y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi n’uburyo bwo kubuzamura no kubutera inkunga.”
Qatar kandi irimo kugira uruhare mu kugarura amahoro mu burasirazuba bwa DR Congo, binyuze mu kunga impande bireba, zirimo u Rwanda na DR Congo. Iki kibazo cyari mu ngingo zaganiriweho mu nama yabo, mu gihe ibiganiro bikomeje.
Qatar yagize iti: “Baganiriye kandi ku bikorwa byo gukemura ikibazo kiri hagati y’u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, hejuru y’ingingo zinyuranye zifitiye inyungu ibihugu byombi.”
Ubufatanye bwa dipolomasi buri mu rwego rw’imikoranire ihanitse yo mu rwego rwo hejuru hagati y’ibihugu byombi, ishingiye ku bufatanye bumaze igihe kinini mu nzego zitandukanye zirimo iby’indege, igisirikare n’umutekano, na ICT.
Qatar Airways yashoye imari mu iyubakwa ry’ikibuga cy’indege cya miliyari 2 z’amadolari i Bugesera, biteganijwe ko kizuzura mu 2028.
Ku itariki ya 12 Gashyantare, Perezida Kagame yabonanye na Emir wa Qatar, Tamim bin Hamad Al Thani i Doha.
Qatar kandi iherutse kwemeza umushinga w’amasezerano yerekeye gukuraho visa ku mpande zombi, yemerera kwinjira nta viza abafite pasiporo isanzwe y’u Rwanda.
Umushinga w’amasezerano wemejwe ku itariki ya 12 Gashyantare. Mbere, Leta ya Qatar yemereraga abenegihugu b’u Rwanda kwinjira nta viza mu gihe cy’iminsi 30.


