DURBAN, SOUTH AFRICA - JUNE 07: Lieutenant General Rudzani Maphwanya in Mzinyathi on June 07, 2022 in Durban, South Africa. It is reported that military personnel provided and donated  food, blankets and other much-needed goods to those left homeless in the wake of devastating  rains and floods that wrecked havoc in parts of KwaZulu-Natal. (Photo by Darren Stewart/Gallo Images via Getty Images)

Gen. Maphwanya yavuze ko SANDF yiteguye gusubira gukubita M23

Sangiza iyi nkuru

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Afurika y’Epfo (SANDF), Gen. Rudzani Maphwanya, yatangaje ko ingabo z’iki gihugu ziteguye kongera gusubira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuharwanira n’umutwe wa M23, mu gihe cyose zizaba zibisabwe.

Uyu Jenerali yabitangaje ubwo yaganiraga n’abasirikare ba kiriya gihugu baheruka gutaha bavuye mu mujyi wa Goma na Mubambiro, aho babaga kuva muri Mutarama uyu mwaka ubwo batsindirwaga mu mirwano yasize M23 ifashe Goma.

Gen. Maphwanya yabwiye abasirikare ayoboye ko M23 ubwayo yiyemereye ko SANDF yayikubise ahababaza ubwo barwaniraga i Goma, ashimangira ko ibyabaye biteguye kubisubiramo mu gihe bazaba basabwe gusubira kurwana n’uriya mutwe.

Yagize ati: “Inkuru ibarwa n’abari ku rundi ruhande rw’urugamba, kubera ko bayizi. Barayumvise kandi ni na bo bayihamije. Rero Nibiba ngombwa ko dusabwa kongera kubikora tuzabyongera, kandi nzajyana namwe.”

Urugamba rwasize M23 ifashe Goma, Afurika y’Epfo yemeje ko yarutakarijemo abasirikare 14; ndetse nyuma yarwo ingabo z’iki gihugu n’izo mu bihugu bya Malawi na Tanzania bafatanyaga nta yindi mirwano bongeye kujyamo kugeza batashye.

Gen. Rudzani Maphwanya yabwiye abasirikare ba SANDF ko n’ubwo batashye we abibara nk’aho batsinze urugamba, ngo kuko nyuma yo kutarusubiraho byabaye ngombwa ko uwo bari bahanganye na Leta ya RDC bajya ku meza y’ibiganiro.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. uyu mugabo ni umusirikare? ngo biteguye gusubirq gukubita? hahahhahah abo abwira nta bwenge bagira ariko? ibitambaro by’umweru byo gukubitwa bamanitse ntiyabimenye?

  2. Harya hari Abanyafurika y’Epfo bakiri i Goma? ubwo ntacyo kandi M23 iribubabazw kuri ibi bivugwa n’umusazi wabo?! ingrant seulement , umusirikare uvuga ubusa kweli

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *