Amakuru akomeje gucicikana muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko muri iki gihugu haba haburijwemo coup d’état yari yateguwe na Général Christian Tshiwewe Songesa.
Tshiwewe asanzwe ari umujyanana mukuru mu bya gisirikare wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi. Ni inshingano yahawe nyuma yo gukora izindi zirimo kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za RDC ndetse no kuyobora umutwe w’ingabo zirinda Tshisekedi.
Amakuru avuga ko ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 9 Nyakanga Gén. Tshiwewe yafungiwe iwe mu rugo ndetse ko urugo rwe rwari rwagoswe n’abasirikare benshi.
Ntacyo Guverinoma cyangwa Igisirikare cya RDC baravuga kuri aya makuru, gusa bivugwa ko uriya Jenerali yafungiwe iwe nyuma y’uko umugambi wo guhirika ubutegetsi yari yamaze gutegura uburijwemo n’Inama y’Umutekano mu Gihugu.
Général Tshiwewe biravugwa ko yafungiwe mu rugo iwe, nyuma y’amasaha make abandi basirikare babiri bakuru bo hafi ye batawe muri yombi.
Aba barimo Général-Major Maurice wahoze ari umuyobozi w’ibiro bye cyo kimwe na Lieutenant-Colonel Adelart Mwiza wahoze ari umujyanama we mukuru.


