Minisitiri y’Ubuzima no kurwanya SIDA mu Burundi kuri uyu wa 26 Werurwe 2020 yatangaje ko iri gukora iperereza ku makuru y’Umurundi byavuzwe ko yagaragayeho indwara y’icyorezo ya Coronavirus muri Tanzania.
Minisitiri w’Ubuzima muri Tanzania, Ummy Mwalimu aherutse gutangaza ko muri Tanzania habonetse umurwayi w’iyi ndwara wa 13, akaba yaraturutse mu gihugu cy’abaturanyi cyo mu Burundi.
Igitangazamakuru BBC mu ishami ryacyo ry’Igiswahili cyatangaje ko uyu murwayi ari umushoferi utwara ikamyo.
Iyi Minisiteri isa n’isubiza yagize iti: “Minisiteri y’Ubuzima no kurwanya SIDA irabamenyesha ko Guverinoma yatangiye gukora amaperereza ku makuru yatangajwe na BBC avuga ku mushoferi w’ikamyo wagaragayeho Coronavirus, ivuga ko yaturutse mu Burundi.”
Mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba, Sudani y’Epfo n’u Burundi ni byo bihugu bitaragaragaramo iki cyorezo n’ubwo hari amakuru adafite urwego rubifite ububasha ashingiye yagiye atangazwa ko bahari ariko bikaba bitaravuzwe.
Ibindi bihugu nk’u Rwanda rumaze kwemeza abarwayi 50 b’iki cyorezo, Uganda yemeje abarwayi 18, Tanzania ni 13, Kenya yo ni 31.


