20250724_215310

Rayon Sports iri guhiga umusimbura wa Abeddy

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Rayon Sports irashaka gusinyisha rutahizamu Habimana Yves wakiniraga Rutsiro FC, nyuma y’uko amakipe yombi agize ubwumvikane ku igurwa ry’uyu mukinnyi.

Amakuru yemejwe na Kigali Today avuga ko Rayon Sports yemeye kwishyura miliyoni 10 z’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo ibone uyu mukinnyi.

Habimana Yves wari umaze imyaka ibiri akinira Rutsiro FC, yitezweho gusimbura Biramahire Abeddy wagiye gukinira ES Sétif yo muri Algeria.

Nubwo amasezerano atarasinywa ku mugaragaro, biravugwa ko Rayon Sports isigaje gushyira amafaranga kuri konti ya Rutsiro FC kugira ngo uyu mukinnyi arekurwe ku mugaragaro.

Uyu rutahizamu aherutse kugaragara mu mikino ya gicuti ya Rutsiro FC, harimo uwo batsinzwemo na Police FC tariki 24 Nyakanga 2025, ndetse no mu myitozo yo ku wa Kane.

Habimana Yves yinjiye muri Rutsiro FC mu mpeshyi ya 2024 avuye muri Gorilla FC. Ubu agiye gutangira urugendo rushya mu ikipe imwe mu zikunzwe cyane mu Rwanda, Rayon Sports, izaba yitegura umwaka w’imikino wa 2025–2026.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *