Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) yagaragaje igikombe gishya kizajya gihatanirwa mu irushanwa rya CHAN, rihuza abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo.
Ni igikombe cyamuritswe ku wa 1 Kanama 2025, cyerekanywe n’abahoze ari ibyamamare muri ruhago nyafurika barimo Victor Wanyama (Kenya), Denis Onyango (Uganda) na Mrisho Ngasa (Tanzania).
Iki gikombe gikoze muri zahabu n’ifeza, gifite imirongo 54 isobanuye umubare w’ibihugu bigize Afurika.
CAF yasobanuye ko gifite intego yo kugaragaza umurage n’ubumwe bw’Afurika, bijyanye n’insanganyamatsiko y’uyu mwaka “Pamoja” bivuze “Twese hamwe”.
Irushanwa rya CHAN 2024 rizatangira ku wa 2 Kanama 2025, rikinirwe mu bihugu bitatu: Kenya, Tanzania na Uganda. Umukino wa mbere uzahuza Tanzania na Burkina Faso kuri Sitade Benjamin Mkapa. Iri rushanwa rizasozwa tariki ya 30 Kanama 2025.



