congoquotidien-actualite-rdc-nouvelles-promotions-fardc-richard-leon-kasonga-cibangu-jacques-ychaligonza-nduru-grade-militaire-kinshasa-defense-378-file

Lubumbashi: Abasirikare n’abapolisi bafashwe bakekwaho ibyaha birimo ubujura

Sangiza iyi nkuru

Abasirikare batandatu n’umupolisi bafatiwe i Lubumbashi, mu Ntara ya Haut-Katanga, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bashinjwa ibyaha birimo ubujura no kurenga ku mategeko.

Ibi byatangajwe na Komiseri wa polisi y’igihugu mu ntara, Blaise Kilimbalimba, watangaje aya makuru ku wa Mbere, itariki 11 Kanama 2025.

Usibye abagabo barindwi mu nzego z’umutekano, hari n’umusivili ukorana na bo watawe muri yombi. Ishami rishinzwe itangazamakuru rya polisi ryabisobanuye rigira riti: “Bakoresheje imodoka, barambura, barasahura kandi barasa ku baturage. Bafatiwe mu cyuho n’abapolisi ubwo bashakishaga aba basirikare muri Quartier ya Double Poto muri Komini ya Lubumbashi”.

Itsinda rya kabiri nk’uko tubikesha actualite.cd, rigizwe n’abasirikare bakora irondo bashyizeho bariyeri ku isoko rya Zambia, aho basahura abaturage mu cyimbo cyo kubaha umutekano.

Itsinda rya gatatu ni iry’umusirikare, uri mu ishami ry’iperereza rigikomeje kugira ngo hakurikiranwe itsinda ry’abakekwaho gukora ibyaha byo mu mihanda ry’umuntu ku giti cye witwa “Action,” wamaze gukatirwa urwo gupfa n’ubutabera bwa gisirikare, ndetse n’uwitwa Christian ubu wahunze.

Ku muyobozi wa polisi muri Haut-Katanga, guhiga aba bagabo bambaye impuzankano bigamije kugarura ku murongo abasirikare n’abapolisi ngo barinde neza abaturage n’umutungo wabo.

Uyu muyobozi w’igipolisi muri Haut-Katanga avuga ko amarondo agomba gutegurwa buri gihe no kwerekana imbuto mbi mu bashinzwe umutekano.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *