Guverinoma y’u Rwanda yemeje amasezerano y’inguzanyo ya $27.95 miliyoni (ahwanye na miliyari 40 Frw) yagiranye n’Ikigega cy’Iterambere cya OPEC (OPEC Fund for International Development), agamije gushyigikira ishyirwaho rya Centre of Excellence for Aviation Skills (CEAS).
Iri yemezwa ryashyizwe mu itegeko ryasohotse ku wa 25 Kanama, risohoka mu Igazeti ya Leta ku wa 28 Kanama, maze ritangira gukurikizwa ako kanya.
Amasezerano yasinyiwe i Vienne ku ya 17 Kamena, agomba gufasha mu kubaka kimwe cya kabiri cy’umushinga no gutunganya ibikoresho by’ikigo cy’ubumenyi bwihariye mu by’indege gifite urwego mpuzamahanga, kugira ngo gisubize ku busabe bukomeje kwiyongera bw’ubumenyi bw’ingenzi muri uru rwego.
Intego ni ugutegura abakozi b’Abanyarwanda bafite ubumenyi bujyanye n’ibipimo mpuzamahanga by’imyigishirize y’indege n’amasoko y’umurimo, nk’uko abayobozi b’uyu mushinga babivuga.
Ikigo cy’ubumenyi mu by’indege
Iki kigo kizaba ari urwego rwo hejuru ruzajya rwigisha abapilote, abatekinisiye bita ku ndege, n’abakozi bo mu kirere (cabin crew), bijyanye n’ibisabwa n’Urwego Ngenzuramikorere mu by’Indege mu Rwanda (RCAA) n’Ikigo cy’Umutekano w’Indege mu Burayi (EASA).
Inguzanyo ya OPEC izishyura 51% by’igiciro cyose cy’umushinga.
Igice cyihariye cy’aya masezerano kijyanye no gutanga ibikoresho byihariye, birimo indege 4.
Flight simulator imwe, Indege imwe yo kwitoza kwirinda no gukumira impanuka (UPRT aircraft), Helikoptere ebyiri nshya n’ibikoresho n’imfashanyigisho byo gutoza abakozi b’indege.
Hari kandi ibikoresho byo gutoza abatekinisiye bita ku ndege, ibikoresho by’imyitozo y’abakozi bo mu kirere, mock-up n’ibikoresho byo gukora serivisi, kugura ibikoresho by’ishuri n’ikoranabuhanga (IT) bizakoreshwa mu byumba by’amashuri, ndetse n’amahugurwa yihariye ajyanye n’ibigo by’indege n’ibibuga by’indege.
Iyi gahunda y’inyubako n’ibikoresho by’imyitozo nayo ifite ibice biyigize, birimo ibikorwa byo kubaka no gutunganya inyubako, byitezweho kongera uburyo bwo kubona inyubako zifite ireme kandi zisigasira ibidukikije mu gutegura abahanga mu by’indege, hubahirizwa ibisabwa n’amategeko agenga uru rwego.
Izi nyubako zizubakwa zishingiye ku mabwiriza y’ubwubatsi bubungabunga ibidukikije (Green Building Minimum Compliance System) by’u Rwanda.
Bizaba birimo: inyubako z’amashuri, amacumbi y’abanyeshuri n’ibikorwa by’imyidagaduro, gushyiraho uburyo buvanze bw’umuriro iruka ku zuba n’amashanyarazi asanzwe, uburyo bwo gushyushya amazi hakoreshejwe imirasire y’izuba, ibisenge byubatswe mu buryo bwa green roof, uburyo bwo gukusanya amazi y’imvura, uburyo bwo guteka budafite imyuka yangiza ibidukikije, ibikoresho byihariye by’imbere mu mashuri, ibikoresho by’ikoranabuhanga rigezweho mu by’indege.
Uko amafaranga azakoreshwa
Nta zindi mpinduka zibaye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’Ikigega cya OPEC, amasezerano yashyizweho umukono ateganya uko inguzanyo izagabanywa mu bice:
Inyubako n’ibikoresho byihariye mu by’indege: $21.7 miliyoni (60% by’umushinga),
Ubufasha mu bijyanye no kubona ibyemezo (accreditation na certification): $2.6 miliyoni (24%),
Imicungire y’umushinga, igenzura n’isuzuma: $1.4 miliyoni.
Muri rusange, iyi nguzanyo ya OPEC ya $27.9 miliyoni izishyura 51% by’igiciro cyose cy’umushinga.
Amasezerano y’inguzanyo n’igihe cyo kurangiza
Amasezerano ateganya ko u Rwanda rufite imyaka 5 bataratangira kwishyura kuva ku munsi yasinyweho.
Umushinga uteganyijwe kurangira ku ya 30 Ugushyingo 2029.
U Rwanda ruzajya rwishyura ku nyungu ya 1.75% buri mwaka ku gice cy’inguzanyo cyamaze gukurwa mu kigega.
Indi nguzanyo
Mu Ugushyingo 2024, Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yari yemeje indi nguzanyo ya $23.6 miliyoni (miliyari 34 Frw) hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’Ikigega Nyafurika gishinzwe Iterambere (AfDB), nayo igamije gufasha gushyiraho icyo kigo cya CEAS.
Mu gihe u Rwanda rukomeza gushora imari mu kubaka Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Bugesera no kongera indege za RwandAir, hakenewe abakozi b’inzobere bashoboye gucunga, gukora no kubungabunga ibyo bikorwa.
Kugeza mu Ukuboza 2024, RwandAir yari ifite abapilote 207, barimo 13 b’abagore, naho 59 muri bo bakaba ari Abanyarwanda.


