Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi uwihaye kwambara impuzankano yarwo atari umukozi warwo yarangiza agafata amashusho akayakwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga nk’uko amakuru agera kuri Bwiza avuga.
Uwitwa Ndagijimana Straton yifashe amashusho mu minsi ishize yambaye impuzankano ya RIB maze ayakwiza kuri TikTok none RIB yamutaye muri yombi, aho bivugwa ko ubu afungiwe kuri sitasiyo ya Muhoza.

Itegeko ry’u Rwanda nº 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 mu ngingo ya 279 havugwa ko bibujijwe kwiha ububasha ku mirimo itari iyawe no kwambara umwambaro utagenewe ugamije kuyobya rubanda, naho ingingo ya 281 ikabuza kwiyitirira urwego rw’umwuga, impamyabushobozi cyangwa ubushobozi buhabwa umuntu wujuje ibyangombwa.

Umuntu uhamwe n’ibi byaha ashobora guhabwa igifungo kiri hagati y’ukwezi 1 kugera ku mezi 6 ndetse agacibwa ihazabu kuva ku mafaranga ibihumbi maganatanu kugera kuri miliyoni y’u Rwanda.


