GoKYswYXsAAKG0k

Masisi: AFC/M23 na wazalendo babyukiye mu mirwano ahitwa Burora

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 9 Nzeri, haravugwa imirwano yabyutse iba, hagati y’abarwanyi ba AFC / M23 n’inyeshyamba za Wazalendo ahitwa Burora, muri Gurupoma ya Nyamaboko ya 1 (Teritwari ya Masisi) mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Nk’uko amakuru agera kuri ACTUALITE.CD aturuka muri ako gace abitangaza, ngo inyeshyamba za Wazalendo zambuwe ako gace mu masaha 24 ashize, zagarutse kare mu gitondo zigerageza kuhisubiza.

Aya makuru avuga ko urusaku rw’intwaro nto n’iziremereye ruri kumvikana muri ako gace. Amakuru akomeza avuga kandi ko ibintu bikomeje kuba bibi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *