Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 9 Nzeri, haravugwa imirwano yabyutse iba, hagati y’abarwanyi ba AFC / M23 n’inyeshyamba za Wazalendo ahitwa Burora, muri Gurupoma ya Nyamaboko ya 1 (Teritwari ya Masisi) mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Nk’uko amakuru agera kuri ACTUALITE.CD aturuka muri ako gace abitangaza, ngo inyeshyamba za Wazalendo zambuwe ako gace mu masaha 24 ashize, zagarutse kare mu gitondo zigerageza kuhisubiza.
Aya makuru avuga ko urusaku rw’intwaro nto n’iziremereye ruri kumvikana muri ako gace. Amakuru akomeza avuga kandi ko ibintu bikomeje kuba bibi.


