Muri Tanzaniya, urubanza rw’umuyobozi utavuga rumwe n’ubutegetsi Tundu Lissu ukurikiranyweho icyaha cy’ubuhemu, rwatangiye kuri uyu wa Mbere, itariki ya 8 Nzeri, imbere y’Urukiko Rukuru rwa Dar es Salaam, nyuma y’isubikwa ryinshi. Umuyobozi w’ishyaka Chadema, ishyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi, afunzwe kuva muri Mata. Uru ni urubanza rukomeye, rubera mu muhezo, mu gihe habura ukwezi kumwe ngo habe amatora ya perezida ateganyijwe ku itariki ya 29 Ukwakira. Urubanza rugitangira, ubwunganizi bwamaganye urubanza n’ishingiro ry’ibirego.
Inzitizi ebyiri zagaragajwe urubanza rugitangira. Iya mbere ireba ububasha bw’Urukiko Rukuru. Nk’uko abunganira uregwa babivuga, nta bubasha rufite bwo kuburanisha uru rubanza, kubera ko umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi watawe muri yombi ku itariki ya 9 Mata afatiwe Mbinga, mu majyepfo y’igihugu, bityo urukiko rwaho rukaba ari rwo rukwiye kumuburanisha.
Inzitizi ya kabiri ireba agaciro k’ibirego by’ubuhemu, abunganira Tundu Lissu babona ko bidafite “ishingiro” kubera ko atazi impamvu akurikiranwe ya nyayo nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ivuga.
Tito Magoti, umwe mu bunganira Tundu Lissu yabisobanuye agira ati: “Kugira ngo ushinje umuntu icyaha cy’ubuhemu, ugomba kwerekana umugambi n’igikorwa gifatika. Icyakora, muri uru rubanza, iki gikorwa nta hantu kigaragara. Ubushinjacyaha bushingiye kuri ibi mu gihe butabasha kugaragaza neza icyo cyaha. Kuva bimeze gutyo, ibirego ni amakosa, kandi urukiko rubimenye, urubanza ntirushobora gukomeza”.
Hanze y’urukiko, imbaga y’abantu yari yateraniye gukurikirana urwo rubanza nubwo rubera mu muhezo, nta n’itangazamakuru. Ariko, amashusho amwe yagiye hanze. Berekana Tundu Lissu, yambaye t-shati y’ubururu , amataratara hejuru y’amaso, yazamuye igipfunsi mu kirere. Uyu munyapolitiki yanze umunyamategeko washyizweho n’urukiko ahitamo kwiburanira, akikijwe n’abavoka bagera kuri mirongo itatu.
Urukiko Rukuru rugomba gufata icyemezo kuri izo nzitizi mbere yo gufata icyemezo ku gukomeza urubanza. Rushobora gutesha agaciro inyandiko y’ibirego no kurekura Tundu Lissu, cyangwa rukayiha agaciro rugakomeza urubanza mu mizi.


