20250909_025139

Umutoza wa mbere yirukanwe muri Premier League

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Nottingham Forest yo mu Bwongereza yirukanye umutoza wayo, Nuno Espirito Santo, nyuma y’imikino itatu gusa ya shampiyona ya Premier League.

Umunya-Portugal w’imyaka 51 yari amaze igihe gito asinyiye amasezerano mashya y’imyaka itatu, nyuma yo gufasha Forest kugaruka mu marushanwa ya Europa League bwa mbere mu myaka 30. Mu mwaka ushize, yayoboye ikipe ivuye mu bihe bikomeye byo guhatanira kutamanuka, iyigeza ku mwanya wa karindwi muri shampiyona.

Icyakora, umubano we n’umushoramari mukuru w’ikipe, Evangelos Marinakis byatangajwe ko utari ukiri mwiza, cyane cyane kuva ubwo hiyongereyeho umuyobozi mushya ushinzwe imikino, Edu Gaspar wahoze ari ku mwanya nk’uwo muri Arsenal.

Mbere y’uko yirukanwa, Nuno yari yanenze ubuyobozi bwa Forest ku bijyanye n’uburyo ikipe yubatse, avuga ko “itarimo ubwuzuzanye kandi ikiri kure cyane yo kuba yiteguye guhatana mu mwaka mushya”.

Forest yatangaje mu itangazo yasohoye saa sita z’ijoro kuri uyu wa Kabiri ko yahagaritse amasezerano na Nuno, ishimira ibyo yabagejejeho mu mwaka ushize, ivuga ko azahora ari “igice cy’amateka y’intsinzi ya vuba aha y’ikipe”.

Nuno yatoje umukino wa nyuma ubwo Forest yanganyaga na Crystal Palace 1-1 ndetse igatsindwa na West Ham ibitego 3-0, mbere y’uko haburaga iminsi mike ngo ikipe ihure na Arsenal mu mpera z’iki cyumweru.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *