20250909_125732

Kivu y’Amajyaruguru: Abarenga 70 barimo bashyingura biciwe mu gitero

Sangiza iyi nkuru

Inyeshyamba zo mu mutwe w’iterabwoba wa Allied Democratic Forces (ADF), zishe abantu barenga 70 bo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

ADF yicishije aba bantu imipanga n’imbunda, mu ijoro ry’ejo ku wa Mbere tariki ya 8 rishyira kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Nzeri 2025.

Ubu bwicanyi bwabereye mu mujyi muto wa Ntoyo, muri Teritwari ya Lubero ho mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Umuyobozi muri kariya gace, Macaire Sivikunula, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri yabwiye Reuters ati: “Nshobora kwemeza umubare w’agateganyo w’abantu 50 bapfuye. Abishwe baguwe gitumo ubwo barimo bashyingura mu mudugudu wa Ntoyo mu ma saa tatu z’ijoro, kandi abenshi mu mudugudu wa bicishijwe imipanga. Ishakisha riracyakomeje.”

Umuyobozi wa gisirikare wa Teritwari ya Lubero, Colonel Alain Kiwewa, we yavuze ko imirambo 60 ari yo yari imaze kuboneka ndetse ko byitezwe ko umubare wayo ugomba kwiyongera.

Amakuru aturuka muri Lubero avuga ko kugeza ku manywa yo kuri uyu wa Kabiri hari hamaze kuboneka imirambo 75 y’abishwe.

Amakuru avuga ko usibye kwicisha bariya bantu imipanga, ADF bamwe yabicishije amasasu inatwika imodoka.

Umutwe wa ADF wishe bariya bantu, usanzwe urwanya ubutegetsi bwa Uganda.

Uyu mutwe uza kwisonga mu kwica abantu benshi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu kwezi gushize wishe ababarirwa muri 50, mu gihe muri Nyakanga wari wishe ababarirwa muri 38.

ADF ikomeje kwica abanye-Congo, mu gihe ingabo za RDC zifatanyije n’iza Uganda bamaze imyaka ine batangije ibikorwa bya gisirikare byiswe ‘Operation Shujaa’ byo kurandura uriya mutwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *