Igisirikare cya Israel (IDF), kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Nzeri cyatangaje ko cyarashe ubudahusha ku bayobozi bakuru b’umutwe wa Hamas bari i Doha muri Qatar.
IDF yemeje ko yagabye iki gitero, mu itangazo yasohoye.
Iri tangazo riragira riti: “IDF na ISA (Ingabo za Israel zirwanira mu kirere) bakoze igitero gihamya cyibasiye abayobozi bakuru b’umutwe w’iterabwoba wa Hamas. Mu myaka myinshi, abo bagize ubuyobozi bwa Hamas bayoboye ibitero bitandukanye by’uwo mutwe, kandi bagize uruhare mu bwicanyi bw’ubugome bwo ku wa 7 Ukwakira, kandi bari bamaze igihe bategura bakanayobora intambara kuri Leta ya Israel.”
Muri iki gitero IDF yavuze ko “ingamba zafashwe mu kwirinda ko hari ikibi cyaba ku basivile, zirimo gukoresha amasasu ahamya neza ndetse n’ubutasi bw’inyongera.”
Yunzemo ko ingabo zayo zifatanyije n’Igisisirikare kirwanira mu kirere bazakomeza kugabana ibitero intego, mu rwego rwo “gutsinda umutwe w’iterabwoba wa Hamas wagize uruhare mu bwicanyi bwo ku wa 7 Ukwakira.”
Umuyobozi wa Hamas yemereye BBC ko abayobozi b’uriya mutwe barashweho, bakaba bagize itsinda ryari ryohereje muri Qatar mu mishyikirano.
Guverinoma ya Qatar biciye mu muvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga wa buriya bwami, yamaganye yivuye inyuma kiriya gitero cya Israel, ivuga ko kigize “kwica Amategeko Mpuzamahanga”.
Dr Majed Al Ansari yavuze ko kiriya gitero cyibasiye inyubako zo guturamo ahari “umubare munini w’abagize biro Politiki ya Hamas bacumbitse mu murwa mukuru wa Qatar, Doha.”
Leta ya Qatar yashimangiye ko itazihanganira “imyitwarire y’ubuhubutsi ya Israel no gukomeza guhungabanya umutekano w’akarere; cyangwa igikorwa cyose kibangamiye umutekano n’ubusugire bwayo.”
Mu bahise bamagana kiriya gitero kandi harimo Iran na yo yavuze ko kinyuranyije n’amategeko mpuzamahanga.
Kugeza ubu ntiharamenyekana niba hari ababa biciwe muri kiriya gitero.


