IMG-20250910-WA0001

RDC: Bisenyeyeho sitade nyuma yo gutsindwa

Sangiza iyi nkuru

Ku wa Kabiri, tariki ya 9 Nzeri 2025, nyuma y’uko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo itsinzwe na Sénégal ibitego 3-2 mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, abafana bayo barakariye bikomeye maze basenya Stade des Martyrs i Kinshasa.

Mu mukino, DRC yari yatangiye neza itsinda ibitego bibiri byatsinzwe na Cédric Bakambu na Yoane Wissa. Ariko Sénégal yaje kwishyura ibitego byose ndetse inongeraho icya gatatu cyatsinzwe na Pape Matar Sarr ku munota wa 86, bituma itsinda.

Iyi ntsinzi yahise ishyira Sénégal ku mwanya wa mbere w’itsinda B n’amanota 18, mu gihe DRC yagumye ku mwanya wa kabiri n’amanota 16. Sudan, Togo, Mauritanie na Sudan y’Epfo zikurikiraho.

Abafana ba DRC ntibyakiriwe neza, bamwe barasahura no gusenya ibikoresho bya Stade birimo intebe n’ibirahure. Abantu benshi babigarutseho ku mbuga nkoranyambaga, banenga cyane imyitwarire y’aba bafana bavuga ko idakwiye.

 

Soma Izindi Nkuru

One Response

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *