Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iri mu bihugu byijunditse Israel, nyuma y’igitero ingabo zayo zagabye muri Qatar ku wa Kabiri tariki ya 9 Nzeri.
Ni igitero Igisirikare cya Israel (IDF) cyemeje ko cyagabye ku bayobozi b’umutwe wa Hamas bari i Doha.
Hamas yatangaje ko kiriya gitero cyiciwemo abantu batanu, barimo umuhungu w’umuyobozi mukuru wayo, Khalil al-Hayya.
Ni igitero kandi cyiciwemo umwe mu bashinzwe umutekano ba Qatar.
Guverinoma ya RDC mu itangazo yasohoye ku wa Kabiri, yavuze ko yamagana kiriya gitero.
Iti: “Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iragaragaza ko ihangayikishijwe cyane n’ibitero Israel uyu munsi yagabye i Doha.”
Kinshasa yavuze ko ibyakozwe na Israel binyuranyije n’amategeko mpuzamahanga, ndetse bikaba bibangamiye ingufu zikomeje gukoreshwa mu rwego rwo gushakira amahoro uburasirazuba bwo hagati.
Yavuze kandi ko “bigize kuvogera ubusugire bwa Leta ya Qatar kandi hari ibyago by’uko byazambya ikibazo cyo mu karere kamaze gutatana.”
Leta ya RDC yabwiye Qatar ko yifatanyije na yo; isaba impande zihanganye mu burasirazuba bwo hagati gutanga agahenge no gushakira igisubizo kirambye ibibazo byugarije kariya gace.
Kinshasa yamaganye ibitero bya Israel yiyongera ku bihugu nka Iran, u Burusiya, u Bushinwa, Arabie Saoudite, Jordan, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Misiri, u Bufaransa, u Butalitani, u Budage, u Buyapani, Indonesia, u Bwongereza n’ibindi.


