20250920_230636

Umuzamu wa Rayon Sports yaguye mu muferege

Sangiza iyi nkuru

Umunyezamu w’ikipe ya Rayon Sports FC, Drissa Kouyaté yajyanywe kwa muganga n’ambulance nyuma yo kugwa mu muferege uherereye inyuma ya stade, ahazwi nko kwa Thoma, aho amakipe asohokera avuye mu kibuga.

Ibi byabaye ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki ya 20 Nzeri 2025, nyuma y’umukino ubanza w’ijonjora rya CAF Confederations Cup, aho Rayon Sports yari yakiriye Singda Black Stars yo muri Ghana.

Uyu mukino warangiye Rayon Sports itsinzwe igitego 1–0 imbere y’abafana bayo, mu mukino benshi bavuze ko ikipe yo muri Tanzania yarushije cyane ikipe yo mu Rwanda.

Nyuma y’umukino, amakuru yemeza ko Kouyat, wakinaga nk’umuzamu wa kabiri, yagize impanuka ubwo yasohokaga ageze inyuma ya stade, bikaba ngombwa ko yihutanwa kwa muganga.

Amashusho yafashwe agaragaza ambulance imutwaye, yasakajwe cyane ku mbuga nkoranyambaga, bituma abakunzi ba Rayon Sports n’abakunzi b’umupira muri rusange bagaragaza impungenge n’ihangayiko ku buzima bwe, bamwe banamusabira gukira vuba.

Iyi mpanuka ibaye mu gihe Rayon Sports iri mu bihe bikomeye byo kwitegura umukino wo kwishyura uzabera muri Tanzania, mu cyumweru gitaha, aho izaba ikeneye gutsinda kugira ngo ikomeze mu kindi cyiciro cy’irushanwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *