SDEVYT5MRRI6XPWZ3ULN7IBMDQ

Ethiopia: Abantu 36 bapfiriye mu mpanuka yabereye ku kiliziya kiri kubakwa

Sangiza iyi nkuru

Byibuze abantu 36 bishwe abandi barenga 200 barakomereka mu iserukiramuco ry’idini ryaberega muri Ethiopia rwagati, ubwo ibiti abubatsi bakoresha bubaka mu kiliziya kimaze kubakwa igice byabagwiraga nk’uko byatangajwe n’abapolisi n’abarokotse.

Umuyobozi w’igipolisi cyaho, Ahmed Gebeyehu, yabwiye ibiro ntaramakuru by’igihugu Fana Broadcasting ibyo bikoresho bikoze mu biti bagenderaho bubaka bizwi mu Cyongereza nka scaffolding byasenyutse ku wa Gatatu kubera uburemere bw’abasenga bari bari gusura Kiliziya ya Arerti St Mary ahitwa Minjar Shenkora Woreda, muri Zone ya North Shewa mu Karere ka Amhara.

Gebeyehu yavuze ko abapfuye bashobora kwiyongera kuko bamwe mu bakomeretse bakomeje kuremba.

Uwacitse ku icumu witwa Tadesse Tesfaye yagize ati: “Byagwiriye abantu bari munsi. Bamwe mu bari ku nkengero birukiye hanze, ariko abari hagati bapfuye.”

2M4SNIV6TJL5LAZ6IULUPXYXBI

Umunsi umwe nyuma y’ibyabaye, inkweto z’abapfuye n’abakomeretse ndetse n’ibisigazwa by’ibyo biti byagwiriye abantu byari birunze muri urwo rusengero rushya rwari rumaze gusigwa irangi ku gisenge.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *