Amafaranga yakoreshejwe mu bikorwa bya gisirikare muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo biravugwa ko akabakaba miliyari imwe y’amadolari mu mezi atandatu ya mbere ya 2025 nk’uko byatangajwe n’urubuga finances-entreprises.com rwo muri Congo.
Raporo yo gukurikirana ingengo y’imari y’ubuyobozi bushinzwe politiki y’itegurwa ry’ingengo y’imari bwa Minisiteri y’ingengo y’imari igereranya ko amafaranga yakoreshejwe mu kurinda igihugu mu gice cya mbere cya 2025 agera kuri Mafaranga ya Congo 2,747.733.495,227 (miliyoni 964 USD ubariye idolari rya Amerika kuri 2.850 FC ).
Bivugwa ko leta yohereje muri minisiteri y’ingabo amafaranga ya Congo agera kuri 1,737.285.942.152, bivugwa ko ari yo mafaranga menshi yakoreshejwe mu kurinda igihugu, aho 405.271.424,463 yagiye ku bikoresho bya gisirikare;Â 207.718.458,664 agenda ku micungire no kubungabunga; CDF 163.300.474.975 ku bicuruzwa nk’ibyo kurya, imiti n’ibindi bikoresho; naho 193,807.222.062 FC ku mishahara.
Iyi nkuru yibutsa ko amafaranga y’ingengo y’imari ya buri mwaka agenerwa ingabo z’igihugu agera kuri 7.251.038.459.920 FC (miliyari 2.544 USD).



