images (5)

Uganda: Polisi iravugwaho kubuza Bobi Wine kwiyamamaza

Sangiza iyi nkuru

Ku wa Gatanu tariki ya 3 Ukwakira 2025, ibikorwa byo kwiyamamaza by’umukandida w’ishyaka National Unity Platform (NUP), Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi cyane nka Bobi Wine, byaburijwemo n’inzego z’umutekano mu karere ka Iganga, mu burasirazuba bwa Uganda.

Amashusho n’amakuru atandukanye yagaragaje imodoka z’igisirikare n’iz’abapolisi zifunze imihanda, mu gihe bamwe mu bari mu itsinda rya Bobi Wine bavugaga ko inzego z’umutekano zari ziteguye kuburizamo ikorwa ry’iyo gahunda.

Polisi ya Uganda yasohoye itangazo rivuga ko ibikorwa byo kwiyamamaza by’uwo mukandida byari biteganyijwe kubera mu turere twa Mayuge na Iganga kuri uyu munsi.

Nk’uko iryo tangazo ribivuga, ibikorwa byo muri Mayuge byagenze neza nta mbogamizi, ariko ibyo muri Iganga byasubitswe.

Polisi isobanura ko itsinda rya NUP ryeretswe umuhanda wari kubageza mu kibuga cya Namungale bari gukorera, gusa ariko rinyura mu wundi muhanda wari ufunze. Aho niho bahuriye n’ibyapa by’umutekano byari byashyizweho, inzego z’umutekano bibuza ibinyabiziga gutambuka.

Bakigera aho umuhanda wari ufungiye, habayeho gushyamirana, nyuma y’aho Bobi Wine n’itsinda rye bahise bafata icyemezo cyo kujya i Jinja, bareka kujya kwiyamamaza i Iganga nk’uko byari biteganyijwe.

Polisi yasabye abakandida bose gukurikiza amabwiriza y’umutekano kugira ngo ibikorwa by’amatora bikomeze kugenda mu mahoro.

Aya makimbirane abaye mu gihe igihugu cyitegura amatora rusange ateganyijwe mu ntangiriro za 2026. Bobi Wine akomeje kugaragara nk’umwe mu bakandida batinyitse bashobora guhangana na Perezida Yoweri Museveni umaze imyaka irenga 35 ku butegetsi.

Ishyaka rye, NUP, ryakunze gushinja inzego z’umutekano kubuza abakandida baryo ubwisanzure mu bikorwa byo kwiyamamaza, mu gihe guverinoma ivuga ko ibyo ikora ari uguharanira umutekano n’ituze ry’abaturage.

images 5 20251003 185535 20251003 185533 20251003 185532 20251003 185530 20251003 184848

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *