peace-prize

Igihembo cy’Amahoro cyitiriwe Nobel Trump yari yiteze cyahawe Corina Machado

Sangiza iyi nkuru

Igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel cya 2025 Perezida Donald Trump yari yiteguye guhabwa cyahawe María Corina Machado, umugore utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Venezuela, Nicolas Maduro.

Ku itariki ya 5 Werurwe 2025, Komite ya Nobel yo muri Norvege yatangaje ko hari abakandida 338 batoranijwe bahatanira Igihembo cy’Amahoro cyitiriwe Nobel mu 2025, muri bo 244 ni abantu ku giti cyabo naho 94 bakaba ari imiryango. Muri bo harimo Perezida Donald Trump ndetse n’umuherwe Elon Musk.

Iki gihembo mpuzamahanga cy’amahoro cyashyizweho hakurikijwe ubushake bwa Alfred Nobel, cyatangajwe kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 10 Ukwakira 2025 na Komite ishinzwe ibihembo bya Nobel ya Norvege mu murwa mukuru Oslo. Cyahawe Machado kubera ibikorwa bye bidacogora biteza imbere uburenganzira bwa demokarasi ku baturage ba Venezuela no ku rugamba rwe rwo kugera ku nzira iboneye kandi y’amahoro yo kuva mu butegetsi bw’igitugu yerekeza kuri demokarasi

Machado yavukiye muri Venezuela mu 1967. Yashinze Atenea Foundation mu 1992 kugira ngo ifashe abana bo muri Caracas. Mu 2002, yari umwe mu bashinze Súmate, itsinda rishinzwe gukurikirana amatora.

Machado yatorewe kuba umwe mu bagize Inteko ishinga amategeko ya Venezuela kuva mu 2010 kugeza 2014 igihe yirukanwaga kuri uwo mwanya n’ubutegetsi bwa Nicolás Maduro. Mu 2023, yatangaje kandidatire ye mu matora y’umukuru w’igihugu ya 2024 yo muri Venezuela ariko yabujijwe kwiyamamaza ahitamo gushyigikira kandidatire ya Edmundo González.

Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi yakanguriwe kwandika ku matora no gukurikirana imigendekere yayo. Ibyavuye mu matora byerekanaga González nk’uwatsinze, ariko ubutegetsi bwa Maduro butangaza ko ari we watsinze.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *