thumbs_b_c_fe22237e2278dd4f1cfa49645f8904ba

Sudani: RSF yibasiye ibigo bya gisirikare i Kharthoum

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 15 Ukwakira, Ingabo za Rapid Support Forces (RSF) zagabye igitero ku birindiro by’ingabo za Sudani muri Leta ya Khartoum muri Sudani nk’uko ibitangazamakuru byaho bibitangaza.

Urubuga rw’amakuru rwa Sudan Tribune rwavuze ko Ingabo za Sudani zahagaritse indege zitagira abaderevu 10 zagabye igitero ku gisirikare mu majyaruguru ya Omdurman, mu burengerazuba bwa Leta ya Khartoum.

Abenegihugu bavuze ko bumvise ibisasu biturika mbere y’uko bucya, mu gihe umwotsi wagaragaye uzamuka uva mu gace ka gisirikare i Sirkab, mu majyaruguru ya Omdurman, nyuma y’igitero cya drone.

Indege zitagira abapilote za RSF kandi zagabye igitero ku kigo cya gisirikare mu mujyi wa Bahri, mu majyaruguru y’umurwa mukuru Khartoum, nk’uko Sudani Tribune yabitangaje. Nta muntu ariko ngo cyahitanye.

Nta bisobanuro byahise bitangwa n’Ingabo za Sudani cyangwa umutwe w’inyeshyamba. Mu mezi ashize, ibice bigenzurwa na RSF bivugwa ko byagabanutse hirya no hino muri Sudani mu gihe ingabo za leta zaguye aho zigenzura harimo Leta za Khartoum, White Nile, na Leta ya Kordofan y’Amajyaruguru.

Kuva hagati muri Mata 2023, imirwano hagati y’Ingabo za Sudani na RSF yahitanye abantu barenga 20.000 ndetse ivana mu byabo abagera kuri miliyoni 15 nk’uko byatangajwe n’Umuryango w’Abibumbye n’ubuyobozi bw’ibanze, mu gihe ubushakashatsi bwakozwe na kaminuza zo muri Amerika buvuga ko abapfuye bagera ku 130.000.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *