AFP__20191020__economou-notitle191020_np0YM__v1__Preview__KenyaAirwaysBoeing7878Drea-og_image

Indege yagiye gutwara umurambo wa Raila Odinga yaciye agahigo 

Sangiza iyi nkuru

Indege ya Sosiyete ya Kenyan Airways yagiye gutwara umurambo w’umunyapolitiki Raila Odinga, yaciye agahigo ko kuba iya mbere yakurikiranirwaga hafi n’abantu benshi ku rubuga rwa Flightradar24.

Ku wa Gatatu tariki ya 15 Ukwakira ni bwo Odinga wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Kenya yapfuye ku myaka 80 y’amavuko. Yaguye mu Buhinde.

Indege yagiye gutwara umurambo we igihaguruka ku kubuga cy’indege cya Jomo Kenyatta saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba wo ku wa Gatatu yerekeza i Mumbai mu Buhinde, yahise ica agahigo ko kuba indege ya kabiri iri gukurikiranwa kuri ruriya rubuga.

Byageze saa sita z’ijoro yamaze kuba iya mbere iri gukurikiranwa n’abantu benshi, dore ko ababarirwa mu 7,000 barimo bakurikirana urugendo rwayo kuri Flightradar 24.

Mu ma saa saba z’ijoro ni bwo iyi ndege yageze i Mumbai, ihava nyuma y’amasaha abiri n’igice isubira i Nairobi aho yagombaga kugera saa tatu n’igice zo kuri uyu wa Kane.

Mu ma saa moya abantu bakurikiranaga urugendo rwayo barimo babarirwa mu 5,000.

Sosiyete ya Kenya Airways yari yatangaje ko iriya ndege icyinjira mu kirere cya Kenya izina ry’urugendo rwayo rwari buhindurwe rukirwa RAO001 (R ihagarariye Raila), mu rwego rwo guha icyubahiro Odinga wazize uburwayi butaramenyekana.

Uyu mukambwe wari mu banyapolitiki bakomeye muri Kenya biteganyijwe ko azashyingurwa ku Cyumweru gitaha.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *