csm_Ubushinjacyaha_ku_rwego_Rwisumbuye_rwa_NGOMA_c9e8049026

Ngoma: Hapfundikiwe urubanza rw’ushinjwa kwica umuturanyi akanamwiba

Sangiza iyi nkuru

Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma kuwa 13 Ukwakira rwaburanishije urubanza ruregwamo umugabo w’imyaka 46 y’amavuko ukurikiranweho kwica umuturanyi we amuteye icyuma mu ijosi nyuma akamwiba ndetse n’abandi babiri birengagije gutabara uwishwe. 

Bivugwa ko icyaha akurikiranweho cyakozwe mu gitondo cyo ku itariki ya 14/11/2024, mu Mudugudu wa Akabungo, Akagali ka Rubago, Umurenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma.

Kuri iyo tariki, uregwa yagiye kwa nyakwigendera agiye kwiba yinjira mu nzu akinga imiryango y’inzu. Abonye uwo yaje kwiba amubonye, yamuteye icyuma aramwica nyuma afata umupanga amuca umutwe awuta mu musarani, arangije acukura mu ngarani iherereye mu gikari aba ariho ahisha igihimba gisigaye.

Amaze gukora ibyo byose nk’uko inkuri dukesha Ubushinjacyaha Bukuru ivuga, yahise ajya gusukura icyumba yari amaze kumwiciramo nyuma  atwara Telephone, ipasi ndetse n’amafaranga ibihumbi 22,070 Rwf.

Muri uru rubanza kandi haregwamo abandi bagabo babiri bakurikiranweho icyaha cyo kwirengagiza gutabara umuntu uri mu kaga.

Umwe muri bo ni uwari ugiye kwishyuza uwishwe yakumva ari mu nzu atabaza akigendera ndetse n’uwo yabwiye ko asize nyakwigendera ari gutakira mu nzu bose bakabyirengagiza.

Nyuma yo kumva ikirego cy’Ubushinjacyaha n’ibisobanuro abaregwa batanze, Urukiko rwapfundikiye iburanisha; rutangaza ko urubanza ruzasomwa ku wa 12/11/2025.

Ibyaha uwishe akurikiranyweho biteganywa n’ingingo ya 107,130,168 z’Itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. Naho abirengagije gutabara, icyaha bakurikiranyweho giteganywa n’ingingo ya 244 y’iryo tegeko.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *