Nyuma y’imyaka 15, u Burundi bugiye kubona Umukuru w’Igihugu mushya usimbura Pierre Nkurunziza wayoboye kuva mu 2005. Ibikorwa byo kwiyamamaza byatangiye tariki ya 27 Mata bikaba birangira kuri uyu wa 17 Gicurasi 2020. Hari ibyabaye muri uku kwiyamamaza ndetse bikaba byaratanze ishusho y’igishobora kuzava muri aya matora ndetse n’ibishobora kuzaba inkurikizi y’uwo musaruro.
Ukwigaragaza kw’amashyaka abiri ahanganye igihe kirekire
CNDD-FDD ihagarariwe na Gen. Evariste Ndayishimiye ndetse na CNL ihagarariwe na Agathon Rwasa ni yo mashyaka aza ku mwanya w’imbere mu yahabwa amahirwe yo kwegukana insinzi nyuma ya tariki ya 20 Gicurasi, umunsi wateganyirijwe amatora.


Guhabwa amahirwe kw’aya mashyaka gushingira ku kuba n’ubusanzwe ahora ahatanye kandi mu majwi agakurikirana. N’ubwo Pierre Nkurunziza atongeye kwiyamamaza, ntabwo byabuza ishyaka rye guhabwa aya mahirwe nk’iriri ku butegetsi, kimwe n’uko CNL itakwirengagizwa, hiyongereyeho icyakwitwa amahirwe y’uko Nkurunziza wahoze ahatana na Agathon Rwasa mu bihe byashize, yaba atakiri kuri lisiti y’itora.
Gushidikanya ku mahirwe y’aya mashyaka kwaba guke hashingiwe ku kwigaragaza kw’abayoboke bayo bari uruvunganzoka kuva tariki ya 27 Mata kugeza uyu munsi. Abasesengura bavuga ko ishyaka riri ku butegetsi iteka rihora rihabwa amahirwe, gusa bakavuga ko CNL yagize abayoboke benshi muri iki gihe.
Amatora y’uyu mwaka arihariye
- Amatora atagira indorerezi ituruka hanze
Leta y’u Burundi iherutse gutangaza ko indorerezi zizaturuka hanze, zigomba kubanza kujya mu kato k’iminsi 14. Iryo tangazo ryasohotse habura iminsi 10 kugira ngo amatora abe. Ibi byagaragaje neza ko nta ntumwa n’imwe yoherejwe n’umuryango mpuzamahanga cyangwa se undi munyamahanga uzagenzura uko amatora y’i Burundi ari kugenda.
Ntabwo bisanzwe kumva igihugu cyabayemo amatora atagira indorerezi zaturutse hanze. Mu gihe bibaye, ntabwo umusaruro w’ibyavuye mu matora wizerwa ; ndetse bizamura umwuka mubi iyo hari uruhande ruzamuye ijwi rukavuga ko rwarenganyijwe , habayemo kubogama.
Nko ku mugabane w’Afurika, hari ingero nyinshi z’ubushyamirane ndetse n’intambara byatewe no kutemeranya ku byavuye mu matora. Ingero ni nke z’amatora ataravuzweho iyibwa ry’amajwi ; bivuzwe n’ab’imbere mu gihugu cyangwa hanze.
- Nta Murundi uba mu mahanga wemerewe gutora
Amatora ni bumwe mu buryo bw’ingenzi bwo kubahiriza ihame rya demukarasi ; aho uwitwa ‘umwiza’ ndetse n’uwitwa ‘umubi’ bashyirwa hamwe, abaturage bagahabwa rugari kugira ngo bihitiremo uwo babona akwiriye kubayobora.
Muri aba batora, harimo ababa mu mahanga biganjemo abatavuga rumwe n’ubutegetsi batinya kuba mu gihugu bitewe n’umutekano wabo batakwizera mu gihe bari mu gihugu cyabo.
Gusa abari mu mahanga ntabwo bazemererwa gutora bitewe n’icyorezo cya Covid-19 cyugarije Isi, aho ibihugu byinshi byabujije abaturage guteranira hamwe mu buryo bwo kwirinda ikwirakwira ry’iyi ndwara.
Icyitezwe gishobora kuba nyuma y’amatora
- Ubushyamirane bwaterwa no kutemera ikizava mu matora
Ibikorwa byo kwiyamamaza byaranzwe no gushinjanya guhohoterana kw’abayoboke b’ishyaka rimwe n’irindi. Hari abayoboke bafunzwe bashinjwa imyitwarire idahwitse gusa ntabwo uruhande rushyigikiye abaregwa rubivuga rutyo. Abayobozi barimo inzego z’umutekano z’u Burundi zashinjwe kwibasira abayoboke b’ishyaka CNL.
Ibi bituma haba impungenge, hakibazwa niba uku gushyamirana kutazakomeza no mu bihe by’amatora cyangwa nyuma yaho. Izi mpungenge zishingira ku kuba no mu 2015 harabaye umutekano muke, kuva ubwo Pierre Nkurunziza wa CNDD-FDD yatangazaga ko yiyamamariza manda yiswe ‘iya gatatu’. Icyo gihe humvikanye bwa mbere umutwe w’Imbonerakure, abaturage benshi barahunga, ndetse habaye n’igeragezwa ryo guhirika Nkurunziza ku butegetsi ubwo yari muri Arusha, hashingwa imitwe irwanya ubutegetsi mishya nka FOREBU.
- Agathon Rwasa yavuze ko yiteguye gukora mu mbarutso
Mu guhangana gukomeye kw’aya mashyaka abiri ahanganye cyane, Agathon Rwasa waserukiye CNL yavuze ko CNDD-FDD niramuka ikoze ikosa, hazabaho kurasana. Ibi byatumye habaho kwikanga, abibaza bibaza niba hatazabaho umwuka nk’uwa 2015.
Abarwanashyaka ba CNL bavuze ko ikimenyetso cy’ubujura cyatangiye kwigaragaza kubera kuburabuzwa no guterwa ubwoba kubagirirwa. Rwasa yavuze ko hashobora kuba iyibwa ry’amajwi nk’uko byagenze ubushize [nk’uko we abivuga] gusa ngo “kubera ko baterwa ubwoba ko CNL nitsinda amatora imbunda zizasohoka” na we ati: “Nibibeshya tuzabatoragura n’intoki”.
Agathon Rwasa ati: “Mubacunge. Baratwibye mu 2010, barongera kandi. Bahinduye imvugo ngo CNL nitsinda imbunda zizasohoka, nizisohoke ndebe.”
CENI yamaze impungenge ababona ko amatora ashobora kugenda nabi
Iyi Komisiyo y’Amatora yigenga yavuze ko yizeye imigendekere myiza y’amatora, cyane ko yaganiriye n’inzego z’umutekano ku buryo abazatora bazabikora batekanye.
Iki ni igisubizo cyahawe imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu nka Human Right Watch na Amnesty International yasohoye ubutumwa buvuga ku matora n’ibikorwa byo kwiyamamaza mu Burundi, tariki ya 27 Mata.
Iyi miryango yashingiraga ku bikorwa iki gihugu cyavuzweho byo guhohotera ikiremwamuntu kuva mu 2015.



4 Responses
Burundi: Ibikorwa byo kwiyamamaza, amatora ndetse n’inkurikizi
Abarundi baracyari injiji bazahora bicana abafite inyungu bigaramiye.
Burundi: Ibikorwa byo kwiyamamaza, amatora ndetse n’inkurikizi
Abarundi baracyari injiji bazahora bicana abafite inyungu bigaramiye.
Burundi: Ibikorwa byo kwiyamamaza, amatora ndetse n’inkurikizi
Abarundi, ndibagombagusinzira, Ahubwonibakangukepe.
Burundi: Ibikorwa byo kwiyamamaza, amatora ndetse n’inkurikizi
Abarundi, ndibagombagusinzira, Ahubwonibakangukepe.