ezukr9gxkaa8_m9_1590909433951.jpg

Imyigaragambyo yatewe n’urupfu rw’umwirabura muri Amerika-Amakuru mashya n’amafoto

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’iminsi itanu umwirabura George Floyd yiciwe n’umupolisi w’umuzungu Derek Chauvin mu mugi wa Minneapolis, amushinze ivi ku ijosi, imyigaragambyo yari ikirimbanyije kuri uyu wa 30 Gicurasi 2020 mu migi itandukanye igize leta 16 muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Tariki ya 25 Gicurasi ni bwo Chauvin yafashe Floyd, amwambika amapingu amukekaho kugura itabi akoresheje amanyanga. Amakuru avuga ko uyu mwirabura yabanje kwanga gutabwa muri yombi, uyu mupolisi aramufata, amwambika amapingu maze amushinja ivi ku gakanu. Icyo gihe byavuzwe ko abandi bapolisi batatu barareberaga, abagenzi bahahagaze, batangira gufata amashusho bakoresheje telefone.

Muri aya mashusho, Floyd yumvikana asaba imbabazi, avuga ko umubiri we wacitse intege, ati: “Ntabwo mpumeka, nimundeke mpaguruke.”

Nyuma y’urupfu rwe, abaturage biganjemo abirabura batangiye kwigabiza imihanda y’umugi wa Minneapolis, bangiza ibikorwa bitandukanye bifashishije ibirimo umuriro batwikishije Sitasiyo ya Polisi y’uyu mugi.

Amakuru mashya

Videwo nshya yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, igaragaza abapolisi batatu barimo Chauvin bapfukamye kuri George Floyd. Bigaragara ko aya mashusho yafashwe n’umuntu wari mu ruhande rutandukanye n’urw’uwashyize aya mbere ahagaragara, kuko imboni ya ‘camera’ ye yabashije kubona aba bapolisi bose.

Imyigaragambyo yo yageze mu migi irenga 25 iri muri leta 16 muri 50 zigize Amerika. Iyi ni: Minneapolis na St. Paul muri Minnesota, Beverly Hills na Los Angeles muri California, Denver muri Colorado, Miami muri Florida, Atlanta muri Georgia, Chicago muri Illinois, Louisville muri Kentucky, Rochester muri New York, Cincinnati, Cleveland, Columbus, Dayton na Toledo muri Ohio, Eugene na Portland muri Oregon, Philadelphia na Pittsburgh muri Pennsyvania, Charleston na Columbia muri South Carolina, Nashville muri Tennessee, Salt Lake City muri Utah, Seattle muri Washington ndetse na Milwaukee muri Wisconsin.

Ni nako muri iyi migi, hoherejwe abapolisi kugira ngo bacunge abitwara nabi muri iyi myigaragambo. Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump yatangaje ko ashyigikiye imyigaragambyo y’amahoro, mu rwego rwo guha icyubahiro George Floyd, ariko atemera ko hari abitwara nabi, bakagira ibyo bangiza.

Kuri uyu wa 30 Gicurasi, abigaragambya bashatse kugera no ku ngoro y’Umukuru w’Igihugu ‘White House’ ariko basubizwa inyuma n’abapolisi benshi bari boherejwe.

Muri Leta ya Minnesota irimo Minneapolis, imihanda ihuza uyu mugi n’uwa St. Paul yafunzwe kugira ngo imyigaragambyo ihoshywe. Mu yindi migi kandi yabereyemo imyigaragambyo, hashyizeho itegeko ryo ‘Kuguma mu Ngo’, abapolisi boherezwa gukora imikwabu ihiga abagicaracara mu mihanda.

Derek Chauvin yirukanwe mu kazi na bagenzi be batatu. Yatawe muri yombi ku wa 29 Gicurasi 2020, ubu akaba afungiwe icyaha cyo kwica nk’umo byemejwe n’Umushinjacyaha Mike Freeman. Abigaragambya basaba ko na bagenzi na Chauvin bafungwa kuko bafatanyije icyaha.

ezukr9gxkaa8_m9_1590909433951.jpg

ezukzvku4aewy1s.jpg

ezukzvoucaaujtr.jpg

ezuk7cnwkaajn5n.jpg

ezuhq9kxqam5bqb.jpg

ezugl6iueamlwh7.jpg

ezukmg1woaauccr_1590909403216.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *