Impinduka: Ingendo hagati y’intara zitandukanye na Kigali na moto biracyabujijwe

Itangazo riturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa 31 Gicurasi 2020 rigaragaza impinduka ku mabwiriza mashya yari yamaze gutangwa, yemeza isubukurwa ry’ingendo hagati y’intara zitandukanye n’Umujyi wa Kigali, aha na moto uburenganzira bwo gutwara abagenzi, aho ishyirwa mu bikorwa ryayo ryegejwe inyuma. Iri tangazo rivuga ko nyuma y’isesengura, izi ngendo ziracyabujijwe mu rwego […]
Imibare ya Covid-19 mu Rwanda: Habonetse abanduye 11 n’abakize 6

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 31 Gicurasi 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 11 banduye Covid-19 mu bipimo 1092 byafashwe. Abakize iki cyorezo bageze kuri 256 barimo 6 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni 370, abantu 113 ni bo bakirwaye.
Uganda: Habonetse abaganga barindwi banduye Covid-19
Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda yatangaje ko kuri uyu wa 31 Gicurasi 2020, abaganga n’abakozi bakora mu nzego z’ubuzima barindwi basuzumwe bagasanga baranduye Covid-19 muri bo babiri bakaba ari aba dogiteri. Mu itangazo iyi minisiteri isohoye kuri uyu mugoroba ivuga ko aba bakozi barindwi bayo banduye Covid-19 ari abaforomo batatu, abadogiteri babiri, n’abandi bakozi babiri bari […]
Si igihe cyo kwirara cyangwa kudohoka ku ntego yo kurwanya Covid-19: Polisi y’u Rwanda
Harabura iminsi mike, moto zigatangira gutwara abagenzi, ingendo hagati y’Intara zitandukanye n’umujyi wa Kigali zigaubukurwa mu buryo bwo kugabanya ingaruka z’ingamba zo gukumira icyorezo cya Covid-19 gusa Polisi y’u Rwanda iramenyesha Abanyarwanda ko iki atari igihe cyo kwirara ahubwo bazakomeza gukurikiza amabwiriza yatanzwe. Abaturarwanda basabwa gukomeza: kugira isuku, gukaraba intoki kenshi, kwambara agapfukamunwa, guhana intera […]
Musanze: Umunyeshuri uherutse gusoza amasomo muri UR akurikiranweho gusambanya umwana w’imyaka 16
Umusore witwa Mugiraneza Leodomir w’imyaka 25 y’amavuko uherutse gusoza amasomo muri Kaminuza y’u Rwanda, afunzwe akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 16 y’amavuko. Amakuru yizewe agera kuri Bwiza avuga ko Mugiraneza yatawe muri yombi na Polisi y’igihugu ikorera mu murenge wa Remera w’akarere ka Musanze, ku wa gatandatu tariki ya 30 Gicurasi, mbere yo gushyikirizwa ubugenzacyaha. […]
Nyaruguru: Umuntu winjiye mu Rwanda mu buryo butemewe yagaragayeho Covid-19
Mu Kagari ka Fugi, Umurenge wa Ngoma mu Karere ka Nyaruguru, umwana w’umukobwa winjiye mu Rwanda mu buryo butemewe, mu gihe yari aturutse mu Burundi ku wa 28 Gicurasi 2020 yagaragayeho indwara y’icyorezo ya Covid-19. Aya makuru yemejwe n’umwe mu bayobozi muri aka Karere (iwabo w’umukobwa) Ati: “Yego ni byo. Ni umwana wabaga i Burundi, […]
Igikomangoma cy’u Bubiligi cyanduriye Covid-19 mu birori muri Espagne
Ubwami bw’u Bubiligi bwatangaje ko Igikomangoma Joachim yamaze kwandura icyorezo cya Covid-19 bikomotse ku birori yari yitabiriye mu gihugu cya Espagne. Uyu musore w’imyaka 28 y’amavuko, yari yakoreye urugendo muri Espagne agiye gukorayo imenyerezamwuga ku wa 26 Gicurasi 2020. Ibimenyetso bya Coronavirus byatangiye ku mugaragaraho nyuma y’iminsi ibiri yitabiriye ibirori byabereye mu mujyi wa CĂłrdoba […]
Papa Francis asaba ibihugu guha abaturage agaciro kurusha ubukungu muri Covid-19
Mu butumwa Umushumba wa Kiliziya Gatulika, Papa Francis yageneye abatuye Isi kuri iki cyumweru ubwo hizihizwaga umunsi mukuru wa Pantekote, yavuze ko ibihugu bidakwiye kwihutira gukuraho ingamba zo kwirinda Covid-19 kuko byashyira mu kaga ababituye. Yagize ati: “Murengere abantu mutitaye ku bukungu, ni bo b’ingenzi kurusha ubukungu.” Yongeyeho ngo “Abantu turi ingoro z’Umwuka Wera ariko […]
Ibihugu bitanu bya Afurika ni byo bitarabonekamo uwishwe na Covid-19
Mu ijoro ryakeye Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (Minisante), yatangaje ko mu gihugu habonetse umuntu wa mbere wahitanwe n’icyorezo cya Covid-19, bituma u Rwanda ruva mu mubare w’ibihugu bya Afurika bitaragaragaramo uwishwe n’iki cyorezo. Minisante yavuze ko uwishwe na Covid-19 ari umushoferi w’imyaka 65 wari utuye mu gihugu cy’abaturanyi kitavuzwe izina, wahisemo gutaha mu Rwanda nyuma […]
Ku munsi wa Pentekote, Intumwa zahawe imbaraga zivuga indimi z’amahanga
None ku wa 31 Gicurasi 2020, abakirisitu bizihije umunsi wa Pentekote, uba nyuma y’iminsi 49 Pasika ibaye. Ni umunsi intumwa zaherewe imbaraga zo kuvuga indimi z’amahanga, zose zibasha kumvikana. Kuri uwo munsi, Bibiliya ivuga ko habaye gutangara cyane bitewe n’uko abatarabashaga kumvikana, bashoboye kuvuga indimi zimwe. Igitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa, ibice bibiri, kuva ku murongo wa […]
US: Mukuru w’umwirabura uherutse kwicwa yahishuye uko yavuganye na Trump akamunigana ijambo
Philonise Floyd, umuvandimwe wa George Floyd uherutse kwicwa n’umupolisi wa Amerika amunigishije amavi, yatangaje ko yavuganye na Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika akamwima amahirwe yo kumubwira ikimuri ku mutima. Floyd uvuga ko yanavuganye na Joe Biden wabaye Visi-perezida mu gihe cya Barack Obama, yabwiye umunyamakuru Al Sharpton wa MSNBC ko ikiganiro cye […]
Abanyarwanda bagera ku 2100 bahitanwa n’indwara ziterwa n’itabi buri mwaka
Mu gihe tariki ya 31 Gicurasi buri mwaka uba ari umunsi mpuzamahanga wo kurwanya ububi bw’itabi, u Rwanda ruri mu bihugu bigirwaho ingaruka nyinshi na ryo. Umuryango mpuzamahanga wita ku buzima, OMS ugaragaza ko mu Rwanda hari umubare munini w’abanywa itabi aho rigira ingaruka zitandukanye ku buzima. Buri mwaka indwara ziterwa no kunywa itabi zihitana […]
Abanyepolitiki bashyize igitutu kuri CENI ngo itangaze ibyavuye mu matora by’ukuri
Bamwe mu banyapolitiki bahagarariye amashyaka mu Burundi batangiye gushyira igitutu kuri komisiyo yigenga ishinzwe amatora ngo itangaze ibyavuye mu matora bya nyabyo ngo ‘kuko ibyo iherutse gutangaza ari ibinyoma’. Ibi babivuze ubwo babonaga komisiyo y’amatora, CENI yavanye ku rubuga rwayo ibyo yari yatangaje by’agateganyo bakaba bavuga ko n’ubundi aya majwi yari amacurano nk’uko bisobanurwa n’Umuvugizi […]
Impaka z’urudaca muri ONU ku nyito y’ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi
Mu gihe guverinoma y’abicanyi yashishikarizaga abaturage b’Abahutu gutsemba Abatutsi ikanabitangira amabwiriza, mu Muryango w’Abibumbye bari bakirwana n’amagambo yo kwemeza inyito y’ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi. Tariki ya 25 Gicurasi 1994 Guverinoma y’abicanyi yari yahaye aba Perefe bose amabwiriza yo gutegura gahunda yo kwirinda. Amahanga yari amaze kumenya ubwicanyi bwari bwibasiye Abatutsi bose mu gihugu cyose, niyo mpamvu […]
Intambara ya Jutland mu kaga Isi yahuye na ko ku itariki nk’iyi
Ku wa 31 Gicurasi mu mwaka wa 1916 habaye urugamba rukomeye kurusha izindi mu ntambara ya Mbere y’Isi ndetse ku itariki nk’iyi, abarenga 2,000 bahitanywe n’umwuzure wiswe Johnstown Flood. Hari ku mugoroba ushyira saa 16h:00 wo kuwa 31 Gicurasi mu 1916 ubwo ingabo z’Abongereza zari ziyobowe na kabuhariwe David Beatty zahanganye n’imitwe y’ingabo z’Abadage, mu […]
Ibihe Sadate yanyuzemo muri Rayon byaba amahirwe yo kuroba inyeshyamba ahereye mu bushorishori
Izina “Inyeshyamba” ryakunze gukoreshwa muri ruhago nyarwanda, ariko kuva muri Nzeri umwaka ushize, ryavuzwe biturutse mu kipe ya Rayon Sports yakunze kuvugwamo ibibazo by’abashakaga guhirika ubuyobozi bwayo no kuyishakamo inyungu mu buryo butemewe n’amategeko. Izo nyeshyamba zenda gusa na twa dutsiko ndetse n’imitwe yitwaza intwaro igakoresha ingufu z’umurengera igamije impinduka z’ibidahuye n’umurongo wabo. Inyeshyamba zikunze […]
Urutonde rw’imbuga zizobereye mu guhuza abakunzi
Uko ikiremwamuntu cyagiye gitera imbere bijyanye n’umuvuduko w’Isi ni nako cyagiye gihinduka mu mikorere no guhanga udushya twinshi maze aho ikoranabuhanga rya interineti riziye birushaho ku buryo ryatumye hari bimwe mu bikorwa bikorerwaho bitajya bivugwaho rumwe. Aha tukaba tugiye kuvuga ku rukundo rwo kuri murandasi (online love) bamwe bemeza ko rudashoboka abandi bakavuga ko rubaho […]
Imyigaragambyo yatewe n’urupfu rw’umwirabura muri Amerika-Amakuru mashya n’amafoto

Nyuma y’iminsi itanu umwirabura George Floyd yiciwe n’umupolisi w’umuzungu Derek Chauvin mu mugi wa Minneapolis, amushinze ivi ku ijosi, imyigaragambyo yari ikirimbanyije kuri uyu wa 30 Gicurasi 2020 mu migi itandukanye igize leta 16 muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Tariki ya 25 Gicurasi ni bwo Chauvin yafashe Floyd, amwambika amapingu amukekaho kugura itabi akoresheje amanyanga. […]