Igikomangoma cy’u Bubiligi cyanduriye Covid-19 mu birori muri Espagne

Sangiza iyi nkuru

Ubwami bw’u Bubiligi bwatangaje ko Igikomangoma Joachim yamaze kwandura icyorezo cya Covid-19 bikomotse ku birori yari yitabiriye mu gihugu cya Espagne.

Uyu musore w’imyaka 28 y’amavuko, yari yakoreye urugendo muri Espagne agiye gukorayo imenyerezamwuga ku wa 26 Gicurasi 2020. Ibimenyetso bya Coronavirus byatangiye ku mugaragaraho nyuma y’iminsi ibiri yitabiriye ibirori byabereye mu mujyi wa Córdoba mu majyepfo ya Espagne.

Amategeko agenga guterana kw’abantu muri uyu mujyi wa Córdoba agaragaza ko iki gikomangoma n’abo bari bifatanyije barenze ku mabwiriza ya ‘Guma mu Rugo’ kuko bari bateranye ari 27 mu gihe amabwiriza yemera gusa uguterana kw’abantu batarenze 15 kandi bafite impamvu zigaragara.

Umuyobozi w’umujyi wa Córdoba uhagarariye Leta ya Espagne yanenze imyitwarire y’abitabiriye iki kirori ndetse avuga ko ari abantu badashyira mu gaciro.Yagize ati: “Ndumva ntunguwe kandi byandakaje. Igikorwa nk’iki cyabaye mu gihe mu gihugu turi mu cyunamo cyo kwibuka abantu benshi cyane bamaze gupfa”.

Espagne ni kimwe mu bihugu byashegeshwe n icyorezo cya coronavirus cyugarije Isi aho kuri ubu iki gihugu kibarura abarwayi 286,308 ba coronavirus n’impfu 27,125 nk’uko imibare y’urubuga World Ometers ibigaragaza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *