Bamwe mu banyapolitiki bahagarariye amashyaka mu Burundi batangiye gushyira igitutu kuri komisiyo yigenga ishinzwe amatora ngo itangaze ibyavuye mu matora bya nyabyo ngo ‘kuko ibyo iherutse gutangaza ari ibinyoma’.
Ibi babivuze ubwo babonaga komisiyo yâamatora, CENI yavanye ku rubuga rwayo ibyo yari yatangaje byâagateganyo bakaba bavuga ko nâubundi aya majwi yari amacurano nkâuko bisobanurwa nâUmuvugizi wâishyaka CNL rya Agathon Rwasa, Bwana Therence Manirambona.
Manirambona yabwiye ikinyamakuru Iwacu ko yibaza aho imibare yâagateganyo itangazwa na CENI yavuye mu gihe indorerezi zâishyaka avugira zo zigaragaza ko ari ryo ryari riri imbere, akibaza niba kuba CENI yakuye aya majwi ku rubuga rwayo yaba igiye gushaka abandi bantu bo kuyabarira bundi bushya.
Kuba harabaye amanyanga mu kubarura amajwi, Manirambona abihuriraho nâUmunyamabanga wâishyaka APDR, Banzawitonde Gabriel. Banzawitonde avuga ko CENI yakoze igikorwa cyiza kuba yarakuye aya majwi ku rubuga (website) rwayo kuko yarimo amanyanga.
Ati: âBirashoboka ko harimo amanyanga wenda adafite aho ahuriye na komisiyo yâamatora. CENI igomba gukusanya amajwi neza ubundi igatangaza amajwi ya nyayo vuba bishoboka.â
Mu kiganiro nâabanyamakuru cyabaye ku wa 28 Gicurasi 2020, Umunyamabanga mukuru wa CENI, Kazihise Pierre Claver yemeje ko komisiyo abereye umuyobozi yakuye ku rubuga rwayo amajwi yâagateganyo yâamatora yabaye ku itariki 20 Gicurasi, avuga ko bitagombaga gushirwa ku mbuga nkoranyambaga zayo kuko byari bitaragenzurwa neza nâinama ya CENI. Yatangaje ko bagiye kuyagenzura neza bakabona kuyashyiraho no kuyatangaza ku buryo budasubirwaho.
Amatora mu Burundi yabaye tariki 20 zâuku kwezi, aho ibyatangajwe byâagateganyo bivuga ko ishyaka CNDD-FDD ari ryo ryatsinze mu byiciro byose byabayemo amatora. Ni ukuvuga ku mwanya wâUmukuru wâIgihugu, abagize inteko ishinga amategeko nâabayobozi bâamakomini.


