Aka kanya hari kuba ibiganiro bya Komisiyo igizwe n’abaminisitiri n’abanyamabanga ba leta z’u Rwanda na Uganda ishinzwe gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Luanda yo ku wa 21 Kanama 2019, agamije kuzahura umubano w’ibi bihugu byombi.
Iyi komisiyo igizwe n’amatsinda abiri; rimwe rituruka mu Rwanda rihagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr.Vincent Biruta, irituruka muri Uganda ryo rihagarariwe na Minisitiri Sam. Kutesa.
Iyi nama kandi yitabiriwe n’abahuza barimo Minisitiri w’Intebe Wungirije muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo ushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu n’ibikorwa bya gasutamo, Hon. Gilbert Kankonde Malamba ndetse na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Hon. Tete Antonio.
Mu byemejwe nk’uko Hon. Sam Kutesa yavuze, harimo ko Abanyarwanda 130 bafungiwe muri Uganda bazarekurwa mu cyumweru gitaha.
Iyi nama iri kwifashisha ikoranabuhanga rihuza amashusho (video conference) mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19. Ni iya kane ibaye kuva iyi Komisiyo yashyirwaho muri Kanama 2019.





