Ikipe ya Sunrise FC yo mu karere ka Nyagatare, yamaze gusinyisha myugariro Ndayishimiye Celestin wakinaga inyuma ku ruhande rw’ibumoso mu kipe ya Police FC ndetse no mu kipe y’igihugu, Amavubi.
Uyu musore wananyuze mu kipe ya Mukura VS yasinye imyaka ibiri yo gukinira Sunrise.
Iyi kipe y’i Nyagatare ibinyujije kuri Twitter yayo yagize iti”Icyumweru cyiza! Ikipe iragira ngo itangaze ko yasinyishije amasezerano y’imyaka ibiri Ndayishimiye Celestin wahoze akina inyuma ku ruhande rw’ibumoso muri Police FC. Ikaze muri Sunrise.”
Myugariro Ndayishimiye Celestin yasohotse mu kipe ya Police FC, nyuma y’uko iyi kipe isinyishije Eric Rutanga imuvanye muri Rayon. Police kandi isanganwe myugariro Muvandimwe JMV na we ukina ahazwi nko kuri gatatu, ku buryo kuzabona umwanya kuri celestin byari kugorana.
Ndayishimiye Celestin yamenyekanye cyane mu kipe y’igihugu Amavubi y’abatarengeje imyaka 17 yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika muri 2010 mbere yo kwerekeza mu mikino y’igikombe cy’isi cyabatarengeje iyo myaka cyabereye muri Mexique.
Celestin kandi ni umwe mu bakinnyi ngenderwaho bari bagize ikipe y’igihugu Amavubi yageze muri 1/4 cy’irangiza cy’imikino ya CHAN yabereye i Kigali muri 2016, gusa nyuma y’aho na bwo yakunze kujya ahamagarwa mu kipe y’igihugu.
Yari umukinnyi wa Police kuva muri 2016, mu myaka ine yari amaze ayikinira akaba nta gikombe na kimwe yatwaranye na yo. Celestin abaye umukinnyi wa kabiri utandukanye na Police FC, nyuma ya Ngendahimana Eric werekeje muri Kiyovu Sports.


